Muri iki cyanya cyahariwe inganda, nta bisi cyangwa imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zahabarizwaga ku buryo zafasha abakoreramo mu ngendo uretse izihanyura mu masaha ya mu Gitondo zituruka cyangwa zerekeza i Ndera.
Byasabaga ko abakora mu nganda bakora ingendo ndende n’amaguru cyangwa bagatega moto kugira ngo babashe kugera ku kazi.
Kuri uyu wa 20 Gicurasi 2026, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Ecofleet Solutions yatangaje ko yashyizeho imodoka zitwara abagenzi muri icyo gice mu rwego rwo kuborohereza.
Iti “Mu rwego rwo korohereza ingendo muri Kigali Special Economic Zone, uyu muhanda wahawe imodoka zikora ingendo zihoraho no mu masaha yo ku manywa. Izi modoka zizajya zibisikanya hagati yo "Kwa Nayinzira" no "Kuri 15".
Izo modoka zashyizweho ni izikoresha amashanyarazi 100%, zikaba zizajya zikora ingendo mu bice byo mu nganda ku manywa.
Abasenateri baherukaga gutabariza abakora mu nganda koroherezwa mu ngendo, bagashyirirwaho imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ku buryo zabafasha kugera aho bakorera ndetse no gushyiraho ibyapa byazo.
Iki cyanya cyatangiye kubakwa mu 2007, Leta igishoramo amafaranga atubutse mu kugitunganya, kucyubaka no kucyimuriramo inganda.
Magingo aya kiri gutanga umusaruro udasanzwe, kuko nibura kimaze guhanga imirimo ihoraho irenga ibihumbi 16.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!