00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakobwa barenga 80 bishimira ubumenyi bahawe na Herintech

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 11 March 2025 saa 10:23
Yasuwe :

Abanyeshuri n’urubyiruko rw’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye bishimira ubumenyi bahabwa n’umuryango Herintech, kuko bwabafashije kwitinyuka ndetse no kumenya uko bategura imishinga yabo.

Ibi byavuzwe n’abanyeshuri biga kuri Rwanda Coding Academy bari muri gahunda ya Herintech, ubwo uyu muryango wifatanyaga na bo mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore.

Giselle Akuzwe Mugisha wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yasobanuye ko iyo Herintech itamufasha, atari kugira igitekerezo cyo cy’umushinga wo gukora igikoresho cy’ikonabuhanga kibika ibishingwe.

Yagize ati “Ngitangira kwiga mu mwaka wa Kane ntabwo nari narigeze ntekereza umushinga, ngo mvuge ngo ikibazo kiri hano, igisubizo nahazana ni iki, ariko ubwo umwaka wa Kane warangiraga nkajya gufata amasomo muri Herintech, ikintu cya mbere batwigishije ni kumenya ikibazo gihari muri sosiyete, ni bwo nyuma natekereje umushinga wanjye.”

Akomeza avuga ko kuba yaragiye kwiga muri Herintech kandi yari asanzwe yiga mu ishuri ryigisha ubumenyi bujyanye na mudasobwa ndetse n’ikoranabuhanga, byamufashije kuko hari ubumenyi burenze ubwo mu ishuri yari akeneye.

Ati “Twahigiye ibintu byinshi nk’ubumenyi bw’ibanze burimo kumenya kuvugira mu ruhame, ntabwo nari umuntu ushobora kuvugira mu ruhame, gusa mu masomo ya Herintech batwigishije uburyo bwo kuvugira mu ruhame, ku buryo ubu nshobora kujya imbere y’abantu, nkabasobanurira umushinga wanjye bakawumva.”

Herintech ifasha abana b’abakobwa kubona ubumenyi bw’ibanze mu ikoranabuhanga, aho yigisha abana mu biruhuko bikuru amasomo mu gihe cy’amezi abiri, bagahabwa impamyabushobozi.

Iyi gahunda yatangiye mu 2022, aho imaze gufasha abana barenga 80, bahawe ubumenyi buzabafasha guhatana ku isoko ry’umurimo, nibasoza amasomo yabo.

Umuhuzabikorwa w’iyi gahunda, Uwase Huguette, yavuze ko iyi gahunda yagiyeho kugira ngo ifashe kugabanya icyuho kiri mu bakobwa bari mu ikoranabuhanga, cyane ko abenshi bacyitinya.

Yagize ati “Impamvu twahisemo abakobwa ni uko twaje gusanga bagira ukuntu bitinya, bakavuga bati ‘Biriya ni iby’abahungu, ni bo babishoboye’, rero duhitamo kuba ari bo dushishikariza kuza kwiga ibijyanye n’ikoranabuhanga.”

Herintech ifasha abana bavuye mu mashami yose y’amasomo yo mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye, nyuma y’amasomo bagahabwa impamyabushobozi ndetse abateguye imishinga myiza bagahembwa.

Herintech ni umuryango ufasha abana b'abakobwa kugira ubumenyi bw'ibanze kuri mudasobwa
Abakobwa bateguye imishinga myiza barahembwe
Herintech ifasha abakobwa bari mu mashuri yisumbuye
Urubyiruko rwize muri Herintech rwagaragaje ko ibyo rwize rubikoresha mu buzima bwa buri munsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .