00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi bitabiriye imikino Olempike n’abatuye mu Bufaransa bizihije Umunsi wo Kwibohora

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 July 2024 saa 01:26
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo yifatanyije n’abakinnyi bahagarariye u Rwanda mu mikino Olempike ndetse n’inshuti zarwo zituye mu Bufaransa mu kwizihiza ku nshuro ya 30 umunsi wo kwibohora.

Ni igikorwa cyabereye i Paris ku wa Gatanu, tariki ya 12 Nyakanga 2024, cyitabirwa na bamwe mu banyapolitiki mu Bufaransa, Abanyarwanda batuye muri iki gihugu ndetse barimo abakozi ba Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura, yashimiye abitabiriye iki gikorwa, ati “Mwakoze Abanyarwanda mutuye mu Bufaransa ndetse na bagenzi banjye mu nzego z’ubuyobozi, kuba mwaje kwifatanya kwishimira imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.”

“Ni intambwe ifite agaciro mu mateka yacu, igaragaza imbaraga, ubumwe ndetse no gushimangira Ubunyarwanda.”

Abakinnyi umunani, abatoza babo ndetse n’abandi babaherekeje mu rugendo rwo kwitwara neza mu mikino Olempike izabera mu Bufaransa bishimiye kwizihiza Umunsi wo Kwibohora.

Imikino Olempike izatangira kuva tariki ya 26 Nyakanga, igeze ku ya 11 Kanama 2024.

Abakinnyi bazitabira imikino ya Olempike bitabiriye umuhango wo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora
Abakinnyi bifatanyije n'inshuti z'u Rwanda zituye mu Bufaransa
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo yari mu bitabiriye ibi birori
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura, yashimye abitabiriye iki gikorwa ko bigaragaza Ubunyarwanda
Abana bato bakura bigishwa gukunda u Rwanda
Abayobozi batandukanye bari mu bizihije kwibohora k'u Rwanda
Louise Mushikiwabo ari mu bitabiriye umunsi wo kwizihiza imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe
Byari ibirori ubwo hizihizwaga Umunsi wo Kwibohora mu Bufaransa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .