Ni Umujyi ukeye usa neza cyane, ugatekana ugaturwa na bose, ukagendeka kandi umurikiwe henshi, ukaguka buri munsi ari nako urushaho kubakwa, isura yawo igahinduka buri kanya.
Byatangiye gufata isura ahagana mu 1998 ubwo ’City Plaza’ yatahwaga, icyo gihe Paul Kagame wari Visi Perezida yari ahari. City Plaza yaguwe mu ntege n’izindi nyubako zitandukanye zikomeje gushyira u Rwanda ku mwanya mwiza.
Mu 2011 nibwo ’Kigali City Tower’ yogoze ikirere inahindura isura y’uyu Murwa, nyuma gato ’Pansion Plaza irazamuka, hirya gato M Peace Plaza irubakwa, hepfo gato Hoteli Ubumwe yogoga ibicu.
Uyu munsi, Kigali ni ikimenyetso simusiga cy’itandukaniro rishobora kubaho mu myaka 30 gusa, mu gihe imiyoborere y’Umujyi n’Igihugu muri rusange imeze neza.
Iri tandukaniro kandi uribona mu ijoro. Ubundi ijoro ryahoze ari iry’abajura n’abambuzi, ndetse yewe muri Kigali ya kera ibi byahoze ari ukuri, nyamara henshi byabaye amateka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Wungirije mu Bwongereza, Andrew Mitchell, aherutse kubigarukaho bihinduka urwenya ubwo yavugaga ko Kigali itekanye kurusha Londres, gusa uramutse ugiye mu bindi bihugu, cyane cyane ibya Afurika, nibwo wasobanukirwa neza uburyo uyu Mujyi utekanye.
Kimwe mu bituma uyu Mujyi utekana ni uko unamurikiwe. Imihanda yose migari yo mu Mujyi wa Kigali iramurikiwe kugeza no ku mihanda imwe n’imwe yo muri za ’quartier.’ Gahunda ni ugukomeza uyu murongo ariko na mbere yaho, hari byinshi byagezweho kandi bishimishije.
IGIHE yaguteguriye amafoto agaragaza ubwiza bw’uyu Mujyi mu bihe by’ijoro ariko hibandwa ku mafoto afatiwe kure ku buryo umujyi ubasha kuwitegereza wose.
IGIHE yafatiye amafoto mu bice bitandukanye birimo i Shyorongi, Kacyiru, Gisozi, Nyamirambo na Rebero kugira ngo ikwereke uko uko Umujyi wa Kigali ugaragara mu bihe bitandukanye.
Amafoto: Niyonzima Moïse



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!