Ni inama ya 19 iri kubera mu Bufaransa. Imirimo nyir’izina yo kuyifungura yatangiye ku wa Gatanu, mu gihe ku wa Gatandatu tariki 05 Ukwakira, hateganyijwe inama mu muhezo y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango.
Ku wa 3 Ukwakira, ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize uyu muryango barahuye biga ku bibazo by’amakimbirane arangwa mu bihugu binyamuryango.
Barebeye hamwe uko ibibazo byifashe muri Liban, igihugu kinyamuryango kiri mu ntambara na Israel, biga ku bibazo by’umutekano muke muri Haïti no ku makimbirane arangwa hagati y’u Rwanda na RDC.
Ibibazo by’umutekano muri Tunisie ntabwo byigeze biganirwaho muri iyi nama. Iki gihugu gifite ikibazo gikomeye cyane ku mupaka gihanaho imbibi na Libye.
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bemeranyije ko inama itaha yabo izabera i Kigali mu 2025. U Rwanda ni cyo gihugu cyonyine cyari cyasabye kuyakira.
Mu bakuru b’ibihugu bari batangaje ko bazitabira iyi nama ariko batitabiriye ku munota wa nyuma harimo Umwami Mohammed VI wa Maroc wahagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Aziz Akhannouch mu gihe Perezida wa Tunisie, Kaïs Saïed, yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Kamel Madouri.
Perezida wa Cameroon, Paul Biya, ntabwo yitabiriye; abandi ni uwa Sénégal,
Bassirou Diomaye Faye; uwa Congo, Denis Sassou Nguesso; uwa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh; uwa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé; uwa Angola, João Lourenço; uwa Guinée équatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo n’uwa Comore, Azali Assoumani uherutse guterwa icyuma n’umugizi wa nabi.
Uwa Guinée, Mamadi Doumbouya, ntabwo yitabiriye nubwo igihugu cye giherutse gukurikirwaho ibihano cyari cyarafatiwe na OIF.
Amafoto: Village Urugwiro



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!