Wari umuhango w’akataraboneka witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’iri Shyirahamwe, Mohammed Ben Sulayem.
Muri rusange, hatanzwe ibihembo ku bitwaye neza mu byiciro 16 birimo Shampiyona y’Isi ya Karting, Rally-Raid, Formula 2, Rally, Formula E, Endurance na Rallycross.
Mu bahembwe harimo Umufaransakazi Michèle Mouton wahawe igihembo cyiswe “Lifetime Award” na Perezida wa FIA, Mohammed Ben Sulayem, nyuma yo kumara imyaka 50 mu mukino wo gusiganwa mu modoka.
Igihembo gikuru muri ibi birori cyatanzwe na Perezida Kagame ahemba Max Verstappen wahize abandi muri Formula 1, rikaba ari n’isiganwa yari atwaye ku nshuro ya kane.
Amafoto: Flickr, Paul Kagame & RBA
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!