00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu mafoto 100: Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame na Madamu muri Bénin

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 17 April 2023 saa 07:33
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame basoje uruzinduko rw’iminsi ibiri bagiriraga muri Bénin rwaranze n’ibikorwa bitandukanye bigamije kurushaho guteza imbere umubano n’ubutwererane buri hagati y’ibihugu byombi.

Ku wa 15 Mata nibwo Perezida Kagame na Madamu batangiye uru ruzinduko, bakirwa na Perezida na Perezida wa Bénin, Patrice Talon na Madamu we, Claudine Talon.

Mu byaranze uru ruzinduko harimo ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo umubano w’u Rwanda na Bénin, ibibazo byugarije Afurika, ibirego u Rwanda rushinjwa muri RDC ndetse na politike mpuzamahanga.

Perezida Kagame kandi yagiranye ikiganiro n’urubyiruko rw’abikorera muri Bénin. We na Madamu Jeannette Kagame kandi basuye ahazwi nka Les Jardins de Mathieu, agace kitiriwe uwahoze ari Perezida wa Bénin, Mathieu Kérékou, mu guha icyubahiro intwari zitangiye iki gihugu mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba ndetse n’ahari ikibumbano gishushanya ubutwari bw’abagore bo muri Bénin yaba ababayeho n’abariho ubu.

Uru ruzinduko kandi rusize hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo n’urw’umutekano, aho bishoboka ko ingabo z’u Rwanda zizoherezwa muri iki gihugu.

Uruzinduko rwa Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame muri Bénin rwasojwe n’igikorwa cyo kubakira ku meza cyateguwe na Perezida Perezida wa Bénin, Patrice Talon na Madamu Claudine Talon.

Uyu muhango wabereye ahazwi nka ‘La Paillote des Hôtes’ mu Murwa Mukuru, Cotonou ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 16 Mata. Witabiriwe n’abandi bayobozi bakuru haba ku ruhande rw’u Rwanda n’urwa Bénin.

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Bénin nyuma y’urwo Perezida Talon yagiriye mu Rwanda.

Icyo gihe yasuye inzego zitandukanye zirimo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB. Yeretswe uburyo rufasha abashoramari kwandikisha imishinga yabo mu gihe gito n’uburyo serivisi hafi ya zose zikorwa hifashishije ikoranabuhanga.

Yavanye i Kigali igitekerezo cyo gukora muri ubwo buryo, kugeza n’aho yatumiye Serge Kamuhinda wakoraga muri RDB ngo ajye gukora mu Biro bye i Cotonou, kugira ngo asangize ubunararibonye abenegihugu be.

Kugeza ubu uko imyaka igenda iza umubano w’u Rwanda na Bénin urushaho gufata indi ntera byatumye mu 2016 RwandAir yari yarafunguye ishami i Cotonou, rikora nk’igicumbi cyayo muri Afurika y’Iburengerazuba.

Madamu Jeannette Kagame ubwo yageraga muri Bénin

Ku kibuga cy'indege Madamu Jeannette Kagame yakiriwe na Minisitiri ushinzwe imibereho myiza n’ibigo by’imari biciriritse, Veronique Tognifode
Madamu Jeannette Kagame yaganiriye na Claudine Talon
Madamu Jeannette Kagame ubwo yakirwaga i Cotonou

Perezida Kagame agera i Cotonou

Perezida Patrice Talon yakiriye Perezida Kagame muri Le Palais de la Marina

Bagiranye ibiganiro byihariye

Bakurikiranye isinywa ry’amasezerano

Perezida Patrice Talon na Perezida Kagame baganiriye n’itangazamakuru

Perezida Kagame yaganiriye na ba rwiyemezamirimo 100

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye Esplanade de l’Amazone

Basobanuriwe amateka y'abagizwe intwari muri Bénin n'ibigenderwaho
Madamu Jeannette Kagame yateze amatwi yumva ibisobanuro bikubiyemo amateka y'intwari zo muri Bénin
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bahawe ibisobanuro bitandukanye ku hantu h'amateka basuye
Esplanade de l’Amazone yatashywe na Perezida wa Bénin, Patrice Talon, muri Nyakanga 2022
Perezida Kagame yasuhuje abaturage b'aho yanyuze muri Bénin
Abaturage ba Cotonou bari bafite akanyamuneza ko gusuhuzanya na Perezida Kagame n'abo bari kumwe
Abakuru bafite telefoni barwanaga no gusigarana ifoto y'uruzinduko rwa Perezida Kagame i Cotonou
Gishushanya umuhate, gukunda igihugu n’ubutwari bw’abagore bo muri Bénin bababayeho n’abariho ubu

Banunamiye intwari za Bénin kuri Les Jardins de Mathieu

Agace ka Les Jardins de Mathieu kitiriwe uwahoze ari Perezida wa Bénin, Gen Mathieu Kérékou. Aha Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bahaga icyubahiro Intwari z'iki gihugu
Iki gikorwa bagikoze ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Mata 2023, ku munsi batangiyeho uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Bénin
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye Les Jardins de Mathieu mu Mujyi wa Cotonou
Perezida Kagame na Madamu bunamiye Intwari za Bénin
Abanya-Bénin bitangira igihugu bashyiriweho ahantu ho kubazirikana no guca agaciro ibikorwa byabo

  Perezida Kagame na Madamu baganiriye n’abagore bo muri Bénin

  Perezida Kagame na Madamu bakiriwe ku meza na Perezida Patrice Talon na Madamu Claudine Talon muri La Paillote des Hôtes i Cotonou

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages