00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imiterere ya Kimironko, kamwe mu duce twihagazeho mu Mujyi wa Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Shumbusho Djasiri
Kuya 13 January 2023 saa 07:36
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali ukomeje kwaguka, ari nako uduce hambere aha twafatwaga nk’icyaro duturwa ubutitsa, ku buryo hamwe iyo uhaheruka mu mwaka ushize, iyo uhageze mu mwaka ukurikiye ushobora kuyoboza.

Kamwe mu duce dutuwe cyane kandi twihagazeho muri Kigali, ni Kimironko. Ni agace ubu gatuwe n’abifite, gafatwa nk’izingiro ry’abantu baturuka ahantu henshi baba Kabuga, Bumbogo, Kinyinya n’ahandi, kuko hari gare ikoreshwa cyane n’isoko ribonekamo ibintu byinshi.

Kuva mu myaka ishize, raporo y’Urugaga rw’Abagenagaciro ku Mutungo Utimukanwa mu Rwanda (IRPV) zakomeje kwerekana ko Umurenge wa Kimironko ari wo wa mbere wari ufite ubutaka buhenze, nk’uko imibare yo kugeza mu 2019 yabyerekakanaga.

Icyo gihe imibare yerekanye ko igiciro cyo hejuru cy’ubutaka muri Kimironko cyari 169,676 kuri metero kare, nk’igiciro cyarutaga ibindi mu myaka ya 2015-2017.

Icyakora ibintu bisa n’ibyahindutse kuko imibare yo mu 2021 yerekana ko ubutaka buhenze cyane ushobora kubusanga mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimihurura mu Kagali ka Kimihurura mu mudugudu wa Mutara, ushobora kubugura kuri 140,090 Frw kuri metero kare.

Muri Kimironko, mu Kagari ka Kibagabaga mu Mudugudu w’Agasharu, ubutaka bwo guturaho kuri metero kare ni 76,544 Frw.

Mu ikusanyamibare, byagaragaye ko ibintu by’ingenzi bigira ingaruka ku gaciro k’ubutaka ni aho ubutaka buherereye; uburyo ubutaka bugerwaho yaba imihanda yose ndetse no gutwara abantu muri rusange n’ubucucike bw’abatuye hafi y’ubutaka.

Ibyo byiyongeraho ibipimo ndangamimerere y’ubutaka; icyo ubutaka bukoreshwa n’icyo buteganyirijwe gukoreshwa; uko bwegereye ibikorwa remezo nk’amashuri, amavuriro, amazi, umuriro n’amasoko cyangwa uko bwegereye imigezi n’ibiyaga.

Bamwe mu baturage baganiriye na IGIHE bahamya ko Kimironko ari agace kugeza ubu byoroshye ko kagenda bitewe n’umurongo w’imodoka rusange zerekezayo, hakaba amashuri menshi, isoko ribamo ibintu byinshi umuntu yakenera.

Umwe mu bagenagaciro Louis Harelimana, yabwiye IGIHE ko mu bijyanye n’ubutaka, Kimironko iza mu duce twa mbere duhenze muri Kigali.

Yagize ati "Ahahenze cyane ni za Gacuriro, Rebero, ubundi ukareba hano za Kimironko, ahandi harimo gutera imbere ni mu Murenge wa Kigali."

"Nka Kimironko wayishyira nko ku mwanya wa gatatu urebye ukuntu igiciro cy’ubutaka bwaho buba buzamuka, kandi ukareba n’ukunntu abantu baba bashaka kuhatura."

Ibi ni bimwe mu bice bigize Kimironko, kamwe mu duce dutuwe n’abifite utaretse n’abandi bashakisha.

Izi nyubako uzisanga kwa Rwahama, ku muhanda ukomeza ugana Kimironko cyangwa ukamanuka ujya kuri Gare ya Remera
Izi nyubako zibonekamo cyane ibikoresho by'ubwubatsi nk'amatara, amakaro n'ibindi byinshi
Aka gace kazwi nko kwa Rwahama
Iyo uvuye ahazwi nko kwa Rwahama, iyi gorofa uyinyuraho ugahita ugera ku ishami rya Kaminuza y'u Rwanda ryigisha ubuvuzi, ahahoze hitwa KIE ubwo higiraga abazavamo abarimu
Mu marembo ya Kaminuza y'u Rwanda, ahahoze hitwa KIE. Inyuma yaho ni ho hakorera Ikigo gishinzwe uburezi, REB
Igihozo Supermarket ni iguriro rinini, ribamo ibintu byinshi
Iyi gorofa igaragara Kimironko ikoreramo Simba Supermarket, ivuriro ry'amaso n'ibindi
Sitasiyo y'ibikomoka kuri peteroli ya Engen uyigeraho mbere yo kwinjira muri gare cyangwa gukomeza umuhanda ugana i Bumbogo mu Karere ka Gasabo, cyangwa mu cyanya cyahariwe inganda
Izi modoka zerekeza mu bice birimo Nyanza ya Kicukiro
Muri gare ya Kimironko uhasanga abantu batanga serivisi z'itumanaho za MTN, cyangwa bonger amafaranga ku makarita y'ingendo
Ku isoko rya Kimironko uhasanga ibintu byinshi
Kimironko ifite inzu zigezweho, zigaragaza ko ari agace gatuwe n'abifite
Imiterere ya gare ya Kimironko uyirebeye hejuru, ku ruhande hakaba inyubako nyishi z'isoko
Kimironko ku gice cyo hejuru hararambuye, ku buryo ubona ibintu byinshi
Iyo ugeze Kimironko ugasubiza amaso inyuma, ubona inyubako nyinshi kandi nziza, zirimo iyahoze ari KIE, ku ruhande rw'iburyo
Kimironko ni kamwe mu duce dutuwe cyane mu Mujyi wa Kigali, ndetse dukodeshwamo n'abatari bake
Iki gice ubona iyo ugiye muri imwe mu magorofa maremare yaho, kigaragaramo Le Printemps Hotel n'inyubako zegereye umuhanda ugana i Kibagabaga
Izi nyubako z'ubucuruzi ni zimwe mu zo usanga i Kimironko, agace gatuwe cyane kandi neza
Iyi Kiliziya ni iya Paruwasi ya Remera, izwi nka Regina Pacis
Kimironko ni rimwe mu masoko manini aboneka mu Mujyi wa Kigali
Isoko rya Kimironko ribonekamo imboga z'amoko yose
Mu isoko rya Kimironko habamo ibintu byinshi birimo imboga n'ibindi biribwa bitandukanye
Muri iri soko wanahahiramo akaboga
Aha ni hamwe mu harangurirwa ibicuruzwa byinshi muri Kimironko, bijyanwa mu maduka mato hirya no hino
Izi nyubako z'ubucuruzi ziteganye n'isoko rya Kimironko
Iyi ni imwe mu nzu nshya z'ubucuruzi, iheruka kubakwa ahateganye n'isoko rya Kimironko
Iri shuri ryigisha ubumenyi ngiro, by'umwihariko ibijyanye n'amahoteli
Uvuye ku isoko rya Kimironko werekeza i Bumbogo, ugenda ubona inzu zigezweho
Aha hazwi nko kwa Mushimire, hakaba ahantu usanga ibikorwa bitandukanye by'ubucuruzi
Ibi ni ibiro by'Umurenge wa Kimironko
Inyubako zirimo 'appartement' zikomeje kuzura ubutitsa
Ahazwi nko Ku Masangano uhasanga ibikorwa byinshi birimo amavuriro nka Beri Clinic na Kigali Medical Center
Iri soko rito (bamwe bahita ku gasoko), ryuzuye ahateganye neza na gereza
Mu marembo y'iyahoze ari Gereza ya Kimironko. Ubu ntigikoreshwa, abari bafungiwemo bimuriwe muri gereza ya Nyarugenge mu 2017
Iki ni igice kimwe cy'iyahoze ari Gereza ya Kimironko
Uru rusengero rwa EAR urugeraho umanukiye ahahoze gereza
Iyi gorofa yuzuye ahazwi nko mu i Zindiro, agace mu myaka mike ishize kasaga nk'icyaro
Iyo ugeze mu i Zindiro uhasanga agakiriro kabamo ibintu byinshi bikozwe mu mbaho
Izi nyubako ni iz'ahazwi nko kwa Nayinzira, agace kitiriwe Nayinzira Jean Nepomuscene wiyamamarije kuba Perezida mu 2003
Izi nyubako uzigeraho urenze ahazwi nko kwa Nayinzira, ugana mu cyanya cyahariwe inganda cyangwa kuri Kaminuza za ALU, Carnegie Mellon, uruganda rwa AZAM n'ahandi
Iyi nyubako ikoreramo BPR inyuma, ahandi hagakorera ibigo byinshi by'ubucuruzi
Inzu zigezweho z'ubucuruzi zimaze kuba nyinshi
Iri vuriro riherereye munsi ya gare ya Kimironko
Aka gace gaherereye munsi ya gare ya Kimironko, umanuka ugana i Nyagatovu
Abamotari bafite inzu bogerezaho moto, ruguru gato y'irimbi
Mu duce tumwe inyubako ziracyateye zityo
Imiturire iri ku murongo, nubwo imihanda yose itarageramo kaburimbo
Isoko rya Nyagatovu riganwa na benshi mu barituriye kuko ribonekamo ibintu byinshi bishoboka
Abagwije ifaranga batuye neza, ariko nawe wahatura kuko ibibanza buracyahari
Kimironko ituwe n'ibyiciro byose. Uzahasanga abaherwe ku ruhande rumwe, n'abagishakisha ku rundi ruhande
Iri ni irimbi rimaze igihe kinini rikoreshwa, i Nyagatovu
Iyo ugeze ahitwa i Nyagatovu, uhasanga isoko ririmo ibintu byinshi
Kwa Rwahama uhasanga ibikorwa byinshi by'ubucuruzi, byaba iby'ubwishingizi, ariko cyane cyane ubwubatsi
Inzu zo muri Kimironko zinogeye ijisho
Muri aka gace, zimwe mu nzu ziracyakoreshwa nk'ibyapa byamamaza
Imihanda myinshi igenda ishyirwamo kaburimbo
Muri Kimironko hari inzu zo guturamo zashowemo menshi
Igice cya Kimironko ucyitegereje uhagaze ahazwi nko kwa Nayinzira

Amafoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages