Ni ahantu handitse amateka muri Kigali kuko hari isuku yo ku rwego rwo hejuru ndetse n’inyubako zigezweho zose zituwemo n’abakire ari ho zibarizwa. N’ubu, Nyarutarama ntiyiburira, iracyari ya yindi ituwemo n’abakire, abayobozi bakomeye mu nzego nkuru z’igihugu, ba Ambasaderi n’abandi banyamahanga.
I Nyarutarama uhasanga amahoteli agezweho, amacumbi [apartement] menshi kuko abenshi bayacumbikamo aba ari abanyamahanga, badafite igihe kinini mu gihugu.
Hari umwe mu banyamahanga twigeze kuganira, ambwira uburyo Nyarutarama ari agace gasirimutse ku buryo n’umuturage waho usanzwe, aba afite imitekerereze yo ku rundi rwego. Urugero rworoshye yampaye ni uburyo ngo nta muntu n’umwe i Nyarutarama ujya ubona umwera ngo amutangarire nk’uko hari hamwe abantu bahita bavuga bati “dore umuzungu”.
Nyarutarama y’ubu si ko yamye imeze! Nyuma ya Jenoside, abari batuye muri aka gace, bavuga ko harangwaga amashyamba n’intoki kimwe no mu bindi bice bya Kigali. Ahazwi nko mu Kabuga ka Nyarutarama ni ho hari hatuwe cyane, hagakunda kuboneka n’ibiti by’imyembe n’amapapayi.
Uyu munsi i Nyarutarama hari hotel nziza. Ni ho habarizwa Park View Courts, Garr Hotel, Quiet Haven Hotel, Manor Hotel, Elevate Suites, Orient Park Hotel, Villa Portofino, Dmall Hotel, Khana Khazana Boutique, Gorillas Golf Hotel, Highlands Suites n’izindi nziza.
Izi hotel hafi ya zose zibamo piscine nziza zikunda kuba zifite abakiliya benshi mu minsi y’impera z’icyumweru, abantu bagiye gukora siporo yo koga.
Tukivuga ibyo kuruhuka, i Nyarutarama ni ho hari ikibuga cya Golf kimaze gushyira u Rwanda ku rundi rwego, hari ibihuga byinshi bya Tennis n’indi mikino, imwe itari iya basabose!
Nk’ubu mu mpera z’icyumweru, niba ushaka gusangira n’inshuti, i Nyarutarama hari ahantu heza rwose ku buryo amafunguro yaho aba anurira.
Ushobora kujya muri Billy’s Bistro muri Century Park, wahasanga ifunguro ryiza, Bourbon nayo yagufata neza, Bwok Cafe and Bistro na yo ni uko, cyangwa se ukajya kugerageza amafunguro yo muri Koreya muri Dae Jang Guem cyangwa se Sakae aho ubona amafunguro yo mu Buyapani.
Ku muntu ukunda ya mafunguro y’Abahinde aba arimo ibirungo binurira, uri i Nyarutarama wasimbukira muri Delhi Darbar, cyangwa ukagerageza bimwe biba bicumba umwotsi by’Abashinwa muri Tung cyangwa se n’izindi ndyo zo muri Aziya muri Zen.
Ijoro ry’i Nyarutarama ntirigira uko risa, ni rimwe umuntu ahora yibuka iteka. Ushaka kwishimira ubuzima mu masaha y’ijoro, wajya i Nyarutarama muri Billionaire’s Club cyangwa se muri Chillax n’ahandi umuziki uba ugufasha kongera iminsi yo kubaho.
Nyarutarama hari ibitaro bigezweho, hari amaguriro wabonamo byose ushaka, amashuri mpuzamahanga menshi nka Green Hills n’ibindi bituma haba hamwe mu hantu wabona byose mu gihugu.
Amafoto: Salomon Nezerwa



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!