Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida William Ruto, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 5 Mata 2023, yasuye RICA n’ibindi bikorwa bitandukanye by’ubuhinzi bikorerwa mu Bugesera ari kumwe na Perezida Paul Kagame.
Ubwo yari ageze muri RICA, Perezida William Ruto, yagaragaye atwaye imashini yifashishwa mu buhinzi bugezweho muri aka gace.
Busingye Karangwa Carlos wiga muri RICA ariko akaba ari kwimenyereza umwuga ni we wafashije uyu Mukuru w’Igihugu kuyobora iyi mashini.
Yabwiye IGIHE ko Perezida Ruto ubwo yari amaze gusobanurirwa imikorere yayo yifuje kumenya uko bayitwara.
Yakomeje ati “Muri make yaje ashaka kumenya uko bayitwara. Mwereka uko vitesse n’umuriro bijyamo, amasuka uko azamuka, abishyiramo byose igenda imbere.’’
Mu kiganiro kigufi bagiranye, Ruto yabajije uyu munyeshuri niba imashini ikora no mu murima, undi amubwira ko ihinga neza nta kibazo.
Karangwa uri kwimenyereza umwuga ubusanzwe yiga mu Ishami rya Mechanization and Irrigation ryigisha ibijyanye no gukoresha no gukanika imashini zihinga ndetse no kuhira.
Yavuze ko yashimishijwe no kubona abakuru b’ibihugu babasura, kuko biha agaciro umwuga wabo.
Ati “Ni ibyishimo cyane, ni amahirwe akomeye. Namusabye ko yazadusura.’’
Imashini Perezida Ruto yatwaye ni imwe mu zigezweho zihinga ziri muri RICA ndetse imaze imyaka ibiri ikoreshwa.
Iyi kaminuza iherereye mu Mudugudu wa Gaharwa, Akagali ka Mwendo, Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera. Yafunguye imiryango mu 2019, imfura zayo zizasoza amasomo muri Kanama 2023.
Perezida Ruto ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yatangiye ku wa Kabiri, tariki 4 Mata 2023. Yasuye RICA nyuma y’amasezerano yashyizweho umukono hagati y’u Rwanda na Kenya ajyanye n’imikoranire mu buhinzi.
RICA iri ku buso bwa hegitari 1300 ziriho inyubako, imirima ikoresha mu buhinzi n’ubworozi n’ibindi bijyanye n’amasomo ayitangirwamo. Ni kaminuza iri hagati y’Ibiyaga bibiri, icya Kirimbi na Gaharwa.
Ni kaminuza y’icyitegererezo mu kwigisha ikoranabuhanga rigezweho mu buhinzi n’ubworozi yashinzwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Howard G. Foundation.
Amafoto: Igirubuntu Darcy



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!