00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ifoto y’Umunsi: No mu myaka y’izabukuru aracyakora Siporo

Yanditswe na Irakiza Yuhi Augustin
Kuya 26 July 2022 saa 07:19
Yasuwe :

Siporo ni kimwe mu bikorwa abatuye Isi bakunze kumva ko bireba abato ku buryo umuntu atagera mu zabukuru agikora imyitozo ngororamubiri cyangwa se ngo ayitangire imyaka imujyanye.

Ibi siko bimeze kuri Nyiramaboyi Astelie wo mu Karere ka Rulindo kuko avuga ko yatangiye gukora Siporo afite imyaka 64.

Uyu mukecuru umaze kugira imyaka 67 ni umwe mu bakuze bo mu Karere ka Rulindo biyemeje ko buri mpera z’icyumweru bazajya bahura bagakora imyitozo ngororamubiri yiganjemo kwiruka.

Iyo muganira Nyiramaboyi akubwira ko kuba yaratangiye gukora siporo akuze nta mbogamizi abibonamo. Ati “ubu nzamuka imisozi neza ndetse ngasimbuka”.

Muri Kamena 2022 ubwo habaga isiganwa ryo mu Modoka rya “Nyirangarama Sprint Rally 2022” uyu mukecuru ni umwe mu bagaragaye bari muri Siporo ndetse baje kwihera ijisho iby’uyu mukino.

Buri mpera z'icyumweru Nyiramaboyi akora siporo buri mpera z'icyumweru
Nyiramaboyi na bagenzi be bafatanya siporo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages