00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu 20 byarahagarariwe: Ibyaranze umunsi w’umuco mu Ishuri rya Gisirikare i Nyakinama (Amafoto)

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 12 January 2025 saa 11:46
Yasuwe :

Buri mwaka, mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama mu Karere ka Musanze, hategurwa umunsi w’umuco, aho hizihizwa ibiranga imico itandukanye y’ibihugu biba bihagarariwe muri iri shuri.

Ni ibirori biba bigamije kwiga amateka n’umuco bya buri gihugu mu kumenyana no kwisanzuranaho nk’abantu baba bigira hamwe amasomo ya gisirikare.

Muri uyu mwaka, ibi birori byabaye ku wa 10 Mutarama 2025. Ni ku nshuro ya 12 byari bibaye.

Bimwe mu byamuritswe muri ibi birori harimo indirimbo n’imbyino, imyambarire, ibiryo n’ibinyobwa bya gakondo ndetse n’ibikorerwa mu nganda.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, Brig Gen Andrew Nyamvumba, yavuze ko mu kazi k’inzego z’umutekano cyane igisirikare, kumva no gusobanukirwa itandukaniro mu mico y’ibihugu, byoroshya imikoranire mpuzamahanga kandi bikanagira uruhare mu gukomeza umubano n’ubufatanye hagati mu bihugu.

Abanyeshuri bari gukurikiranira amasomo ya gisirikare muri iri shuri muri uyu mwaka ni 108 baturutse mu bihugu 20 byo muri Afurika na Aziya ihagarariwe n’umu ofisiye mukuru wo muri Jordanie.

Muri rusange abanyamahanga barimo ni 26, abandi ni Abanyarwanda.

Muri aba Banyarwanda harimo babiri bo muri Polisi y’u Rwanda, RNP, na babiri bo mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, RCS.

Muri rusange aba bofisiye bari guhabwa amasomo, bari mu cyiciro [intake] cya 13 kizarangira muri Kamena 2025. Bamara umwaka umwe bakurikirana aya masomo.

Ubushobozi bwiri shuri bwarongerewe kuko mbere ryari rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 48 gusa, ariko ubu ryakira abagera ku 108.

Uyu ni umukino w’Igisoro wizihira benshi ukanezeza abawukinana
Benin nayo irahagarariwe muri iri shuri
Muri iri shuri hari abasirikare baturutse mu bihugu 20 byose byari bihagarariwe
Mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Nyakinama, habarizwa abofisiye bakuru bo muri Gunea
Aha hari hari gutangirwa umutowe wengerwa muri Mali
Abari aho basangijwe indyo zo muri Mozambique
Aha ni ahari hari kumurikirwa ibirimo imitako yo muri Nigeria
Kenya iri mu bihugu bihagarariwe muri iri shuri
Bimwe mu byamuritswe muri ibi birori harimonn’ibikorerwa mu nganda mu gihugu runaka
Ibi ni ibinyobwa byengerwa muri Tanzania
Ibinyobwa byengerwa muri Uganda byari bihari
Hanamuritswe umutiba w'inzuki
Aha ni ahamurikirwaga ibiranga umuco Nyarwanda
Mu byamuritswe harimo n'imitako gakondo
Bimwe mu byamuritswe harimo n'ikawa itegurirwa mu Rwanda
Zambia yari ihagarariwe
Hamuritswe imitako itandukanye
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Musenyeri Vincent Harolimana, yari yabukereye
Zimwe mu ndyo gakondo zategurirwaga ahaberaga ibi birori ako kanya
Abatumirwa batandukanye nabo bari baje bambaye ibigaragaza umuco wabo
Umuyobozi w'intara y'Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice, yari ytabiriye ibi birori
Col. Stella Uwineza, ubarizwa mu mutwe w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere, ni we watanze ijambo ry’ikaze muri ibi birori
Bamwe mu bofisiye bari bari muri ibi birori bari bambaye imyambaro gakondo
Abari abasangiza b'amagambo bari bambaye imyambaro iranga umuco Nyarwanda
U Rwanda rwari ruhagarariwe neza
Itorero Inganzo Ngari ryaserutse neza
Buri bihugu cyari gifite aho kumurikira ibigize umuco wacyo
Indyo zitandukanye zategurirwaga aho
Abari bitabiriye ibi birori bagiye basura ahari hari kumurikirwa ibigize imico itandukanye
Inyange yari mu bafatanyabikorwa b'iri shuri bari bitabiriye ibi birori
Imyambarire n'ibikoresho gakondo byo muri Sudani y'Epfo
Uganda yari ihagarariwe neza
Muri iri shuri harimo abofisiye bo muri Sudani y'Epfo. Aha hari hari kubyinwa imbyino zaho
Ababyennyi bo muri Sudani y'Epfo baserutse muri ubwo buryo
Aba bari bari kubyina imbyino gakondo zo muri Sudani y'Epfo
Umu-ofisiye mukuru mu banyeshuri bose bari gukurikirana amasomo muri uyu mwaka, Col Dr. Dany Gatsinzi, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda k’ubw’umuhate mu guteza ubumenyi mu bya gisirikare
Itorero ry'ababyinnyi bo mu Bugande bari babukereye
Bamwe mu batumirwa bagiye bafata amafoto y'urwibutso
Intore zo Inganzo Ngari zasusurukije abari aho baranyurwa
Bamwe mu bashyitsi bari batumiwe barizihiwe
Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, Brig. Gen. Andrew Nyamvumba, yavuze ko mu kazi k’inzego z’umutekano, kumva no gusobanukirwa itandukaniro mu mico y’ibihugu, byoroshya imikoranire mpuzamahanga
Hafashwe ifoto y'urwibutso y'abayobozi mu nzego zitandukanye bari batumiwe, n'abofisiye bakurikiranira amasomo muri iri shuri

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .