00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dutemberane Umujyi wa Goma umaze umwaka urenga mu maboko ya AFC/M23 (Amafoto)

Yanditswe na Kwizera Hervé
Kuya 31 January 2026 saa 08:12
Yasuwe :

Tariki nk’iyi umwaka ushize byari bigoye kwemera ko Umujyi wa Goma uzongera kuba nyabagendwa, abawutuye bakongera kubaho mu mahoro n’ibyishimo, kuko wari umaze igihe warabaye isibaniro ry’imirwano ndetse urangwa n’ibikorwa by’urugomo bya FARDC, FDLR Wazalendo, abacanshuro n’abandi.

Nyuma y’umwaka uyu mujyi uri mu maboko y’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23, ibintu byarahindutse! Ubu abaturage bari ku murongo, bazi ko buri wa Gatandatu bagomba guhurira mu muganda rusange wo gusukura umujyi uzwi nka ‘Salongo’, ariko icyiza kirenze byose, bafite umutekano ubemerera gukora amanywa n’ijoro.

Impinduka ntizitinda kwigaragaza kuko uzibona ukigera mu biro bishinzwe abinjira n’abasohoka ku mupaka wa ‘Grande barriere’ uhuza iki gihugu n’u Rwanda.

Kimwe nk’uko bisanzwe, mbere guteza kashe ku ruhande rw’u Rwanda ntacyabaga kigoye mu gihe cyose wujuje ibisabwa, ikibazo cyavukaga ugeze ku ruhande rwa RDC ku bakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka, iyo utibwiriza ngo ushyire 20$ muri Pasiporo yawe, ushinzwe kuguterera kashe yashoboraga kukwirengagiza umunsi wose, kugeza wibwirije ukamuha ‘Kitu kidogo’.

Ubu ibintu byarahindutse ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri RDC, uhasanga abasore n’abakobwa bavuga make, bambaye neza, bakagenzura ko wujuje ibisabwa, ubundi ugakomeza urugendo rwawe.

Mbere, iyo wagiraga Imana ukabona wambutse, wagira ngo uguye mu gaco k’amabandi. Ucyambuka umupaka ugana i Goma, ku nkengero z’umuhanda wahasangaga abagore n’abagabo bahicaye ndetse bahateye ameza, buri wese yabaga afite akwishyuza, bamwe bavuga ko ari ay’imisoro, andi ari aya gahunda za leta zitandukanye. Aha wahavaga utanze nka 100$.

Ubwambuzi ntibwarangiriraga aha, imbere gato wahasangaga abapolisi bakora mu muhanda ariko baka abaturage amafaranga, uwoshye abaturisha mu nsengero.

Nyuma y’umwaka umwe ibi byose byahindutse amateka.

Kimwe mu bintu byakubwiraga ko ugeze i Goma ni umwanda wabaga uri ku mihanda, kuko ntibyari agashya kubona umuturage akubura iwe akajya kumena imyanda mu muhanda.

Nubwo byari bimeze gutyo Abanye-Congo bakubwiraga ko Goma ariwo mujyi ufite isuku mu gihugu hose. Kuri ubu ibi ubikoze sinzi ibyakubaho, ariko umenya ubuyobozi buriho bwaguhana bwihanukiriye.

Mbere y’uko AFC/M23 igera mu Mujyi wa Goma, wari warabaye isibaniro ry’abasirikare ba FARDC, FDLR na Wazalendo, ibyatumaga hahora ikibazo cy’umutekano muke.

Umwe mu bo twaganiriye uri mu buyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, yambwiye ko nibura buri joro hapfaga abantu bane cyangwa batanu barashwe cyangwa bicishijwe intwaro gakondo. Utarapfaga yaribwaga cyangwa akagirirwa nabi.

Byari byarageze aho umurwanyi wa FDLR ashobora kwicwa n’inzara ari mu mujyi, agashaka moto ubundi agahita atangira akazi ko gutwara abantu nk’umumotari. Iyi ni yo mpamvu wumvaga cyane ubujura n’ubwicanyi bukorwa n’abamotari.

Iyo bitagendaga gutya, abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bigiraga abagenzi, bagera aho bagiye bagafatira icyuma ku mumotari, moto ye bakayitwara.

Kubera kubaho mu bwoba, wasangaga abatuye i Goma, bakora uko bashoboye Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba zikabasanga mu ngo.

Kuri ubu, abatuye uyu mujyi bakubwira ko byabaye amateka.

Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, yambwiye ko hari abagore bacuruza amasanduku baherutse kumutega bamubwira ko bafite ikibazo gikomeye, abatega amatwi agira ngo ni ikindi, bamubwiye ko aho AFC/M23 yagereye mu mujyi babuze abakiliya, kuko nta bantu benshi bagipfa.

Umwe mu baturage twaganiriye, yambwiye ko “aba bagabo (AFC/M23) batuzaniye umutekano kandi ntibavuga menshi, ubu dukora amanywa n’ijoro, icyo mwapfa cyonyine ni ugukora ibihabanyije n’amategeko.”

Abatuye uyu mujyi bakubwira ko imyitwarire y’abasirikare ba AFC/M23 itandukanye ijana ku ijana n’abasirikare ba FARDC.

Hari umwe mu basore nasanze ku biro by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, yagiye kwiyandikisha kugira ngo ajyanywe mu ikosi yinjire mu basirikare ba AFC/M23.

Namubajije icyatumye afata icyo cyemezo, mu magambo make ati “abasore ba M23 baba basa neza, batambuka bitonze, ntibavuga menshi.”

Namubajije uko aba FARDC bitwaraga, ambwira ko “bagendaga bihuta, batambitse ibirenge ndetse basa nabi”.

Iyi ahari ni yo mpamvu hari benshi mu basirikare ba FARDC bahisemo kuyoboka M23 nyuma yo gutsindwa urugamba.

Ikindi cyari cyarazengereje abaturage b’i Goma ni ikibazo cyo kutagira amazi n’umuriro w’amashanyarazi.

Mbere ntibyari igitangaza kumara amezi abiri nta mazi.

AFC/M23 igifata umujyi iki kiri mu bibazo yihutiye gukemura, ndetse isanga kitari gikomeye. Kuko kwima amazi abaturage byakorwaga ku bushake bigizwemo uruhare n’abari babafitemo inyungu.

Hari abayobozi bo muri Leta bari baraguze amakamyo atwara amazi akayasaranganya hirya no hino mu mujyi mu bashaka kuyagura. Kugira ngo babone isoko byabaga ngombwa ko bima abaturage amazi.

Umwe mu bayobozi b’ibitaro bikuru byo muri uyu mujyi twaganiriye yambwiye ko “kutagira amazi byagiraga uruhare runini mu mubare w’abarwayi benshi bakiraga bafite indwara zikomoka ku mwanda.”

Nta wakwirengagiza kandi ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi, uyu muyobozi w’ibitaro yavugaga ko buri munsi babaga bafite lisansi yo gucana moteli kugira ngo baramire ubuzima bw’abarwayi bari ku mashini zibongerera umwuka, kuko umuriro washoboraga kugenda isaha n’isaha.

Kuri ubu ubuyobozi bwa AFC/M23 bwashyize imbaraga mu kubaka no gusana imihanda, gare, parikingi n’ibindi, ndetse bushimangira ko nta gahunda bufite yo kuva muri Goma.

Uwavuga ibyahindutse muri uyu mujyi ntiyabirangiza, ahubwo reka tubirebere hamwe mu mafoto.

Umujyi wa Goma uwurebeye mu kirere. Aha ni muri 'Rond-point' ya BDEGL no mu bice biyegereye
Imiturire y'i Goma isa n'iri ku murongo ugereranyije n'ahandi muri RDC
Amahoro arahinda muri Goma, nyamara mu gihe mu mwaka ushize buri joro hapfaga abatari munsi ya bane
Hashize umwaka AFC/M23 igenzura Goma, ibintu byose byagiye ku murongo kugeza no ku myitwarire y'abashoferi mu muhanda
Isuku igaragara hose ku nkengero z'imihanda yo muri Goma
Benshi mu batuye Umujyi wa Goma bakora ubucuruzi buciriritse ariko mbere ntibwagendaga neza kubera umutekano muke
Goma yabaye umujyi ugendwa amanywa n'ijoro kubera ko AFC/M23 yabashije kugarura umutekano
Izi modoka z'umuhondo nizo zikoreshwa mu bwikorezi rusange hirya no hino muri Goma
Muri Goma hari inzego zunganira polisi, mu guha umurongo abakoresha umuhanda
I Goma akazi gatangira kare, kakarangira bwije
Muri 'cartier' usanga abana bakina kuko nta gishobora guhungabanya umutekano wabo
Abana bijyana ku mashuri kandi ababyeyi bagasigara nta mpungenge bafite ku mutekano wabo
Ubucuruzi bw'imbuto butunze benshi mu Mujyi wa Goma
Nyuma yo gufata Goma, AFC/M23 yashinze polisi ifite n'ishami ry'abashinzwe umutekano wo mu muhanda ndetse benshi basigaye batega abamotari batishisha kuko aka kazi kahawe umurongo
Isuku iri mu byo AFC/M23 ishyize imbere, hirya no hino hari imodoka zitwara imyanda kandi mu buryo buhoraho
Nk'Umujyi uvuye mu ntambara hari igihe biba ngombwa ko abarwanyi ba AFC/M23 bacunga umutekano bitwaje imbunda ziremereye
Umujyi wa Goma umaze umwaka urenga mu maboko y'abarwanyi ba AFC/M23
Akavuyo kaba ari kenshi hafi y'ahazwi nko mu Birere hakorerwa cyane ubucuruzi bwo kuranguza
Ku mugoroba abasirikare ba M23 bajya mu bikorwa byo gucunga umutekano
Nubwo hari byinshi bimaze gukorwa, uburezi ntiburagera kuri bose kuko hari abana usanga mu bucuruzi nyamara bari mu kigero cyo kujya ku ishuri
Sosiyete y'itumanaho ya Vodacom iri mu zakomeje gutanga serivisi ku baturage b'i Goma
Goma izwiho kugira ibiciruzwa byiza kandi kuri make
Isoko ry'ahazwi nko 'Virunga' ryongeye gusubukura imirimo
Inyubako nshya zikomeje kuzamurwa i Goma
Banki ya BDEGL niyo yitiriwe 'rond-point' izwi cyane mu mujyi wa Goma
Ubuzunguzayi si icyaha i Goma, gusa hari gahunda yo guhuriza aba bacuruzi bose mu masoko
Banki zo muri Goma ziracyafunze. Iri ni Ishami rya Banki Nkuru y'Igihugu
Abaturage b'i Goma bongeye gusubukura imirimo yabo
Kubera ubuke bwa station, lisansi iracyacuruzwa mu macupa
Abaturage b'i Goma bazwiho gukora cyane, ugereranyije n'abandi bo muri RDC
Mbere wasangaga abamotari batwara abantu batatu kuri moto. Kuva AFC/M23 yafata uyu mujyi itegeko ni ugutwara umuntu umwe
Restaurants n'utubari byongeye kubona abakiliya muri Goma
Imirimo yo kubaka 'cathédrale Maman wa Amani' muri Goma yagizwemo uruhare n'umugore wa Joseph Kabila, isa n'iyadindiye
Nyuma yo kubona amahoro n'umutekano, benshi basubiye mu mirimo bakoraga
Inzu zicuruza ibikoresho bw'ubwubatsi ziri mu bifite icyashara uyu munsi
Ibitogotogo bikoreshwa mu bwikorezi, muri Goma biracyahaboneka ku bwinshi
Iyo amahoro ahari, abaturage barimo n'aba bakora ububaji bishakira icyabateza imbere
Abakora muri Pharmacie zo muri Goma bavuga ko mu bihe byashize imiti ivura ibikomere iri mu byagurwaga cyane kubera intambara n'urugomo
Nubwo Goma ari umujyi uvuye mu ntambara, ntiwapfa kubimenya
Umwuga w'ubumotari wongeye kugirirwa icyizere nyuma yo kunozwa no guhabwa umurongo
Isuku isigaye ari yose muri Goma
Kubera kubaka imihanda bikozwe n'ubutegetsi bwahozeho, AFC/M23 yafashe icyemezo cyo kuyivugurura
Imirimo y'ubwubatsi yatangijwe na AFC/M23 yatanze akazi kuri benshi
Imihanda myinshi y'i Goma no mu nkengero iri guhabwa imiferege itwara amazi
Iyo ugeze i Goma rwagati ugenda uhura n'imodoka zifashishwa mu mirimo y'ubwubatsi iri gukorwa ku bwinshi muri uyu mujyi
AFC/M23 yafashe icyemezo cyo kuvugurura uyu muhanda wo mu mujyi hagati nyuma yo kubona ko nta nzira ufite zitwara amazi
Muri gahunda ya AFC/M23 harimo gusana imihanda yose ishaje
Imihanda ya Rond-point ya BDEGL iri gushyirwamo imiyoboro itwara amazi
Abafite ubumenyi bwo gutwara imashini zikoreshwa mu bwubatsi bongeye kubona akazi
Ubuyobozi bwa AFC/M23 buvuga ko imirimo yo gusana imihanda nirangira, Goma izaba ifite ibikorwaremezo bigezweho
Kuva AFC/M23 yagera i Goma, umutekano w'abaturage warakajijwe mu buryo bwose
Umujyi wa Goma ni uku ugaragara mu masaha y'ijoro
Imirimo yo mu kabari ikorwa ahanini n'urubyiruko
Abaturage b'i Goma bafite icyizere ko kuva AFC/M23 yahagera nta kizongera kubahungabanyiriza umutekano
Ahashyinguwe imibiri y'abishwe na drones za FARDC i Masisi
Abaturage batahaga Saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba, bisigaye bigera Saa Tanu bakiri mu kazi
Goma ni umwe mu mijyi ituwe cyane muri RDC
Coin de la paix ni kamwe mu tubari dushya twihagazeho mu Mujyi wa Goma
Umuziki uza mu by'ibanze Abanye-Congo bakunda. Nyuma yo kongera kubona umutekano abanyamuziki babonye akazi
Akazi ka bamucoma kari mu twari twarakomwe mu nkokora n'ibibazo by'umutekano muke
Nyuma y'igihe bari mu bibazo by'umutekano muke, abaturage b'i Goma bongeye gutekana ku buryo bahurira mu kabari bakaganira
Kubera umubare munini w'abakiliya, i Goma hari utubari tubaga ihene eshanu mu ijoro rimwe
Utubari n'ibyokezo byongeye kubona icyashara
Abagore n'abakobwa b'i Goma usanga benshi bafite imirimo mito bakora kugira ngo babashe kubona iby'ibanze
Nyuma yo kurangiza akazi bwije, bamwe banyura mu masoko bakagira ibyo bacyura
Pharmacie zisigaye zikora amasaha yose, mbere zafungaga kare kubera ubwoba bushingiye ku mutekano muke
Kuri ubu ikiraje ishinga abaturage b'i Goma ni ugukora no kwiteza imbere
Abagore n'abakobwa basigaye bakora kugeza mu masaha y'ijoro kuko nta mpungenge baba bafite zo guhohoterwa
Ubujura n'ubwicanyi bwakorwaga mu masaha y'ijoro ntibikirangwa muri Goma
Umunezero ni wose ku batuye i Goma

Amafoto: Kwizera Hervé


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages