Kuva mu Mujyi wa Kigali rwagati hariya kuri rond-point, ukomeza umanuka za Gishushu na Remera, Umujyi wa Kigali uracyeye, uraka, urashashagirana.
Benshi mu bawutembera muri ibi bihe, bari kugenda bafata amafoto y’imitako myiza iri kugaragara hirya no hino, ibyerekana ubwuzu Abanyakigali baterwa no gutura mu Murwa uri mu mijyi isukuye kurusha iyindi ku rwego rw’Isi.
Uretse imitako iri mu mihanda n’ahandi hahurira abantu benshi, Abanyamujyi nabo ntibatanzwe kuko bari gutaka aho bakorera, yaba mu ngo zabo, mu biro n’inyubako bakoreramo, imodoka zabo n’ibindi byinshi.
Mu gihe iminsi ibarirwa ku ntoki ngo hizihizwe Noheli n’Ubunani, IGIHE yazengurutse tumwe mu duce tw’Umujyi wa Kigali twamaze kurimbishwa.
Amafoto: Niyonzima Moses & Kasiro Claude & Cyubahiro Key
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!