Si ugutebya uko Kigali uyisize ku mugoroba si ko uyisanga mu gitondo. Uko bwije n’uko bucyeye, ahari ibihuru n’amashyamba hazamuka imiturirwa n’inzu nziza cyane ku buryo hari n’ahahinduriwe amazina hakitwa nka ‘Norvège’ n’ayandi.
Umujyi wa Kigali utuwe n’abarenga miliyoni 1,2, ni umwe mu mijyi yaguka cyane muri Afurika ku kigero cya 4% ku mwaka, ukaba n’igicumbi cy’ubukungu bw’u Rwanda kuko ugira uruhare rwa 41% ku musaruro mbumbe w’igihugu.
Ni iwabo w’inyubako ziteye amabengeza, amahoteli, ikibuga mpuzamahanga cy’indege, ibibuga by’imikino itandukanye n’inyubako y’imyidagaduro BK Arena imaze kwandika izina ku mugabane wa Afurika mu kwakira imikino y’intoki nka Basketball na Volleyball.
Ni umujyi w’ubutegetsi kuko Minisiteri zose zibarizwa mu Mujyi wa Kigali, kimwe n’uko ibiro bya Perezida wa Repubulika n’iby’abagize Inteko Ishinga Amategeko ari ho biherereye.
Isuku n’umutekano no kurengera ibidukikije ni yo ntego y’umujyi wa Kigali. Uri ku isonga muri Afurika mu kugira isuku, bigatuma uza mu myanya ya mbere yakira inama mpuzamahanga zikomeye.
Aya ni amafoto yerekana isura y’Umujyi wa Kigali mu bice bitandukanye biwugize































































Isura ya Nyamirambo











Isura ya Kicukiro









Rusororo, kamwe mu duce twihagazeho



























Ku Gisimenti







































Ku i Rebero hamaze guturwa cyane











I Remera hakomeje guhinduka











Ayandi mafoto menshi wayasanga Hano
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!