00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto yaranze ibirori Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriyemo abadipolomate

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 January 2025 saa 07:27
Yasuwe :

Ku wa 16 Mutarama 2025, Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, mu musangiro wabereye muri Kigali Convention Centre.

Ni igikorwa gisanzwe kiba kenshi mu ntangiriro z’umwaka, aho Umukuru w’Igihugu ahura n’Abadipolomate baba mu Rwanda, akabaganiriza ku ngingo zinyuranye zigaruka ku buryo dipolomasi y’u Rwanda ihagaze.

Perezida Kagame yavuze ko umwaka wa 2024 wabaye mwiza ku Rwanda, wahuriranye n’ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 no kwibohora ku nshuro ya 30. Yavuze ko kandi ari umwaka wabayemo amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Yashimiye aba badipolomate avuga ko mu myaka 30 ishize, babaye abafatanyabikorwa beza b’u Rwanda mu rugendo rwo kwiyubaka.

Ati “Twungukiye muri ubu bufatanye bwashyigikiye u Rwanda kugira ngo tubashe gukomeza gutera imbere muri uru rugendo rw’iterambere twiyemeje mu myaka 30 ishize.”

Perezida Kagame yagarutse ku bibazo by’umutekano muke mu Karere, avuga ko hari ibihugu byinshi byo hanze ya Afurika byabigizemo uruhare mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Umukuru w’Igihugu yasobanuye inkomoko y’amakimbirane y’u Rwanda na RDC, aho yagaragaje ko iyo ibihugu bikomeye bivuga kuri aya makimbirane, bigaragaza uburyarya no kubogama, nk’uko bibigenza iyo bisaba ko ihame rya demokarasi ryubahirizwa.

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi bakoreshwa mu nyungu runaka, ari bo bakomeje gutuma ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo bifata indi ntera, bikarenga bikitirirwa u Rwanda kandi nta ruhare rwabigizemo.

Yanashimangiye ko nta muntu ushora gusubiza u Rwanda mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kabone n’iyo byaba bisaba ko ruhanagurwa ku ikarita y’Isi.

Iki gikorwa gikunze kuba mu ntangiriro z'umwaka
Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo (iburyo) hamwe na Minisitiri w'Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, bari kumwe na bamwe mu bitabiriye uyu muhango
Ni igikorwa cyitabiriwe n'abo mu bihugu byo ku migabane itandukanye y'isi bakorera mu Rwanda
Abantu bari bashimishijwe no gutumirwa na Perezida Kagame muri uyu musangiro
Abadiplomate bari muri Kigali Convention Centre babonye umwanya wo guhuza urugwiro baraganira ari na ko bica inyota
Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda (uri kuvuga) aganira na bamwe mu bari bitabiriye uyu muhango
Wari umugoroba mwiza ku bari bateraniye muri Kigali Convention Centre
Akanyamuneza kari kose ku badiplomate bitabiriye uyu musangiro
Abadipolomate batangiye kwinjira muri Kigali Convention Centre hakiri kare
Abadipolomate babanje gufata umwanya wo kuganira no kumenyana hagati yabo
Muri uyu musangiro buri wese yabonaga ikijyanye n'amahitamo ye
Hari abahagarariye ibihugu byabo byo ku m,ugabane wa Afurika no hanze yawo
Hari abadipolomate bo mu ngeri zitandukanye harimo n'izifite aho zihuriye n'umutekano
Uyu musangiro waranzwe n'akanyamuneza ku bari bitabiriye ubutumire bwa Perezida Kagame
Uyu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre ku wa 16 Mutarama 2025
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n'akarere, James Kabarebe na we ari mu bari bitabiriye uyu musangiro
Uba ari umwanya wo kumenyana, abantu bagahana nimero za telefoni kugira ngo barusheho gukomeza gukorana baziranye
Abadipolomate bari benshi muri Kigali Convention Centre
Ni umuhango uba wateguwe neza ku buryo buri wese atagorwa no kumenya ibyicaro yateganyirijwe
Ni umuhango wari witabiriwe n'abafite ubunararibonye muri dipolomasi aho babashije kubusangiza abatarabirambamo cyane
Wabaye umwanya wo gusangira no gusabana ku badipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda
Perezida Kagame yifurije abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda kuzagira umwaka mwiza wa 2025
Umukuru w'Igihugu asuhuza umwe mu bitabiriye uyu muhango
Perezida Paul Kagame hamwe na Madamu Jeannette Kagame bahuriye mu musangiro n'abadiplomate barimo ambasaderi w'
Minisitiri w'Umutekano, Dr. Vincent Biruta, ari mu bitabiriye uyu musangiro
Abadiplomate bakurikiranye ubutumwa bagejejweho na Perezida Kagame
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abadipolomate baba mu Rwanda
Perezida Kagame yavuze ko abayobozi bakoreshwa mu nyungu runaka, ari bo bakomeje gutuma ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo bifata indi ntera
Perezida Kagame asuhuza Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun
Ibyishimo byari byose mu gikorwa cyo gusangira kw'abadipolomate baba mu Rwanda bakiriwe ku meza na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame
Igikorwa cyo kwakira abadipolomate baba mu Rwanda bikozwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame cyabereye muri Kigali Convention Centre
Madamu Jeannette Kagame mu bitabiriye igikorwa cyo gusangira n'abadipolomate baba mu Rwanda
Perezida Kagame, Madamu Jeannette Kagame n'Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe mu baganirije abadipolomate baba mu Rwanda
Minisitiri mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, Inès Mpambara mu bitabiriye igikorwa cyo gusangira n'abadipolomate baba mu Rwanda
Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana ari mu bari bitabiriye uyu muhango
Wari umwanya mwiza wo kwinjiza aba badipolomate mu mwaka mushya wa 2025
Perezida Kagame yavuze ko umwaka wa 2024 wabaye mwiza ku Rwanda
Kigali Convention Centre yari yateguwe mu buryo bubereye ijisho
Umukuru w’Igihugu yasabye abashinja Ingabo z’u Rwanda kuba mu Burasirazuba bwa Congo, kwibaza impamvu zikwiriye kujyayo
Umukuru w’Igihugu yasobanuriye abadipolomate bitabiriye ubutumire bwe, inkomoko y’amakimbirane y’u Rwanda na RDC
Perezida Kagame yashimye kuba abadipolomate barabaye abafatanyabikorwa beza mu myaka 30 ishize

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .