00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto y’umunsi

Yanditswe na IGIHE, Uwishyaka Jean Louis
Kuya 10 January 2017 saa 10:52
Yasuwe :

Uko umwaka utashye Israel yibuka Lt. Col.Yonatan Netanyahu, wari wagabye ingabo z’iki gihugu mu gikorwa cyiswe Operation Yonatan cyangwa se Operation Entebbe cyari kigamije kubohora imbohe z’abanya-Israel zari bafatiwe bugwate ku Kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda, nyuma y’uko indege barimo ijyanyweyo ku ngufu n’inyeshyamba z’abanya-Palestine n’u Budage.

Ku wa 27 Kamena 1976, iyi ndege y’u Bufaransa yari yahagurutse i Tel Aviv muri Israel yerekeza I Paris, itwaye abagenzi 248, ibanza kugwa Athens mu Bugereki kugira ngo ishyiremo abandi, ari naho abarwanyi babiri b’umutwe w’iterabwoba wa Popular Front for the Liberation of Palestine – External Operations (PFLP-EO) n’abandi Badage babiri, bategetse uwari utwaye iyo ndege guhindura icyerekezo barinda bayigeza Entebbe muri Uganda.

Iki gikorwa izo nyeshyamba zagikoze mu rwego rwo gusaba imfungwa 40 z’abanya-Palestine bari barafashwe bafungirwa muri Israel. Leta ya Uganda yahaye ikaze icyo gikorwa bigizwemo uruhare na Idi Amini wayoboraga icyo gihugu icyo gihe aha izo nyeshyamba inzu y’ikibuga cy’indege itarakoreshwaga, kugira ngo abo bantu babe ariho bafungirwa.

Muri abo bantu, abagera ku 148 batari abanya-Israel bararekuwe basubizwa mu Bufaransa ariko abandi 94 barimo abanya-Israel n’abari batwaye iyi ndege, bakomeje gufungwa ndetse babwirwa ko bazicwa, niba imfungwa z’abanya-Palestine zifungiwe muri Israel zitarekuwe nk’uko babisabaga.

Israel yamenye iby’ayo makuru maze itegura ingabo 100 zidasanzwe zo kujya kubohora izo mbohe, igikorwa cyabaye ku wa 4 Nyakanga 1976, kimara iminota 90 gusa. Imfungwa 102 zarabohowe, ariko bamwe mu ngabo za Israel barimo na Yonatan Netanyahu, umuvandimwe wa Benjamin Netanyahu, Minisitiri w’Intebe wa Israel, yaguye muri icyo gitero, abo barwanyi na bo bahasize ubuzima, imfungwa eshatu n’abasirikare ba Uganda 45 bari bashyizweho ngo bahangane n’iza Israel hadasigaye n’indege yabo yangijwe bikomeye.

Indege yari yoherejwe mu bikorwa byo kubohora imbohe z'abanya-Israel igeze i Entebbe
Imfungwa zari zafashwe bugwate n'inyeshyamba z'abanya-Palestine zarabohowe ndetse zinazubizwa mu gihugu cy'amavuko
Byari ibyishimo bikomeye ubwo abari barashimuswe bongeraga guhura n'imiryango yabo
Abasirikare ba Israel bari bavuye muri Operation Yonatan bakirwa mu gihugu cyabo
Byari agahinda gakomeye mu muhango wo gushyingura Lt. Col Yonatan Netanyahu wari waguye muri ibi bikorwa yari ayoboye
Nyuma yo kwicwa, Lt Col Yonatan Netanyahu yashyinguwe muri Israel
Indege y'igisirikare cya Uganda yangirikiye bikomeye muri iki gikorwa.
Umwaka ushize, Benjamin Netanyahu, umuvandimwe wa Yonatan yasuye Uganda anunamira murumuna we
Benjamin Netanyahu yageze ku mva ya murumuna we anahacana urumuri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages