00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto y’Umunsi

Yanditswe na Kwizera Hervé
Kuya 9 January 2026 saa 12:00
Yasuwe :

Mu mafoto y’umunsi twabateguriye kuri uyu munsi, harimo iya ACP Rutikanga Boniface atwaye igare. Ni Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda aho yari mu bukangurambaga bwa Turindane Tugereyo Amahoro bwakorewe mu Karere ka Kayonza ku wa 9 Mutarama 2025.

Abari aho bishimiye kubona ACP Boniface Rutikanga anyonga igare risanzwe rimenyerewe nka ‘matabaro’, bamwe begura telefone zabo bafata amafoto n’amashusho bizababera urwibutso.

ACP Rutikanga Boniface yagaragaye atwaye igare
Shizzo na Tessy basezeranye imbere y'amategeko
Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi bazi kuganira. Yagiranye ikiganiro na IGIHE cyagarutse ku rugendo rwe mu muziki. Wanyarukira kuri Shene ya IGIHE Sports ukabasha kukireba

Ku Butaka butagatifu i Gahanga

I Gahanga hari agace kitwa “Ku butaka butagatifu” kari kuzamukaho inyubako nyinshi mu buryo budasanzwe. Abantu benshi batahaherutse biragoye ko bakeka ko ahahoze ari ibihuru, ubu hari inyubako zigezweho.

Aho izi nyubako ziri, hasigaye hitwa ku butaka butagatifu
I Gahanga mu Kagari ka Nunga ni hamwe mu hakomeje kuzamuka inyubako zigezweho

Amafoto: RNP, Alain Manzi, Salomon Nezerwa, Fidele Nzayisingiza


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages