00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto 12 yaranze icyumweru hirya no hino ku Isi

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 15 August 2026 saa 07:44
Yasuwe :

Icyumweru cyo ku wa 10 kugeza ku wa 15 Kanama 2026 cyaranzwe n’ibikorwa bya politiki, ibiza, inkongi, siporo n’izindi nkuru zidasanzwe hirya no hino ku Isi. Aya ni amwe mu mafoto agaragaza ibyaranze iyo minsi.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA yatawe muri yombi

Ku wa 13 Kanama 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Food and Drugs Authority, Prof. Emile Bienvenu, hamwe n’abandi bantu 18, mu iperereza rifitanye isano n’ikorwa n’ikwirakwizwa ry’ibinyobwa bisindisha bitemewe cyangwa bitujuje ubuziranenge.

Prof. Bienvenu akurikiranyweho gutanga impushya ku nganda zimwe, atubahirije imyanzuro ya komite tekiniki zibishinzwe, mu gihe abandi bafashwe barimo abakozi ba Rwanda FDA, Rwanda Standards Board n’abayobozi mu nzego z’ibanze.

Ubwirakabiri bwagaragaye mu Burayi

Ku wa 12 Kanama 2026, ibice bitandukanye by’u Burayi byabonye ubwirakabiri, aho Ukwezi kwanyuze hagati y’Isi n’Izuba kukarikingiriza.

Ubwirakabiri bwuzuye bwagaragaye mu bice bya Greenland, Iceland, mu Majyaruguru ya Espagne no mu gace gato ka Portugal, mu gihe ahandi henshi mu Burayi hagaragaye ubwirakabiri butuzuye. Mu duce twabonye ubwirakabiri bwuzuye, Izuba ryamaze hafi iminota ibiri rikingirijwe n’Ukwezi.

Umutingito ukomeye wibasiye Colombia

Mu gitondo cyo ku wa 10 Kanama 2026, umutingito ufite ubukana buri ku gipimo cya 7,4 wibasiye uburengerazuba bwa Colombia.

Wibasiye cyane agace kari hafi ya San José del Palmar mu Ntara ya Chocó. U.S. Geological Survey yatangaje ko wabereye ku bujyakuzimu bwa kilometero hafi 110.

Wangije bikomeye uduce turimo Cali na Pereira, usiga abantu benshi bapfuye, abandi barakomereka, mu gihe ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’inyubako bikomeje.

Inkongi yibasiye ikirunga cya Muhabura

Mu gitondo cyo ku wa 14 Kanama 2026, inkongi yibasiye ishyamba riri ku ku kirunga cya Muhabura mu Karere ka Burera, mu Ntara y’Amajyaruguru.

Yatangiriye mu gace ka Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika, mbere yo gukwirakwira kuri icyo kirunga. Abaturage bafatanyije n’inzego zitandukanye mu kuyizimya, ndetse babasha kuyizimya neza nyuma y’amasaha atanu.

Ayebare yarahiye nka Minisitiri nyuma yo gukemura ibibazo by’ubwenegihguu

Ku wa 11 Kanama 2026, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yakiriye indahiro z’abaminisitiri batatu bashya mu muhango wabereye mu Biro bye i Entebbe.

Abarahiye ni Amb. Adonia Ayebare wagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Shartsi Kutesa Musherure wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibigo by’imari bito n’ibiciriritse na Witonze Juma wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu.

Amb. Adonia Ayebare na Shartsi Kutesa Musherure bari baratinze kurahira, kubera ko bari bafite ubwenegihugu bw’ibindi bihugu. Barahiye kuko bemeye kubwiyambura.

Aba-Taliban bizihije imyaka itanu basubiye ku butegetsi

Ku wa 15 Kanama 2026, Aba-Taliban bizihije imyaka itanu ishize basubiye ku butegetsi muri Afghanistan, nyuma yo gufata Umurwa Mukuru Kabul ku wa 15 Kanama 2021, ubwo ingabo za Amerika n’iz’ibihugu byari bifatanyije na yo zari mu nzira zo kuva muri icyo gihugu.

I Kabul habereye ibirori n’akarasisi k’imodoka z’intambara, mu gihe ubutegetsi bw’Aba-Taliban bwafashe uwo munsi nk’ikimenyetso cy’intsinzi yabo.

Inkongi yibasiye Washington

Mu ntangiriro z’icyumweru, inkongi ikomeye yibasiye agace ka Spokane muri Leta ya Washington muri Amerika yakomeje gusiga ingaruka zikomeye.

Yatangiye ku wa 1 Kanama 2026, itwika ubutaka bunini, yangiza kandi isenya inzu nyinshi. Abaturage ibihumbi bari barategetswe kuva mu byabo, mbere y’uko bamwe batangira gusubira mu ngo zabo ubwo inkongi yatangiraga kugabanya ubukana.

Abanya-Zambia bitabiriye amatora rusange

Ku wa 13 Kanama 2026, Abanya-Zambia bitabiriye amatora ya Perezida wa Repubulika, abagize Inteko Ishinga Amategeko n’abayobozi b’inzego z’ibanze. Perezida Hakainde Hichilema yashakaga manda ya kabiri, ahanganye n’abandi bakandida.

Ku munsi wakurikiyeho, ibarura ry’amajwi ryabanje guhagarikwa nyuma y’ibikorwa by’urugomo byibasiye bamwe mu bakozi b’amatora no kwibwa kw’impapuro z’amatora, mbere y’uko risubukurwa, kuri uyu wa Gatandatu.

Perezida Kagame yakurikiye UEFA Super Cup

Ku mugoroba wo ku wa 12 Kanama 2026, Perezida Paul Kagame yari i Salzburg muri Autriche, aho yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Aston Villa yo mu Bwongereza.

PSG yatsinze Aston Villa ibitego 2-1, yegukana iki gikombe. Aya makipe yombi afitanye imikoranire na Visit Rwanda.

Abanyamulenge bagejeje ikirego kuri ICC

Ku wa 14 Kanama 2026, abahagarariye Abanyamulenge bo mu Minembwe, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagejeje ikirego ku Biro by’Umushinjacyaha w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, i La Haye mu Buholandi. Basabye ko hakorwa iperereza ku byaha bavuga ko byakorewe Abanyamulenge n’abandi baturage bo mu Minembwe.

Bareze abayobozi bo muri RDC no mu Burundi.

Barokowe nyuma yo kumara amasaha arenga 16 mu nyanja

Ku wa 14 Kanama 2026, umugabo w’Umufaransa w’imyaka 50 n’abahungu be babiri b’imyaka itanu n’irindwi barokowe nyuma yo kumara amasaha arenga 16 bareremba mu nyanja hafi y’Ikirwa cya Koh Samui muri Thailand. Bari bagiye gutembera kuri jet-ski ubwo yarohamaga, bituma barara mu nyanja mbere yo kubonwa n’abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi. Nyuma yo gutabarwa, bajyanywe kwa muganga, ariko biza kugaragara ko nta kibazo gikomeye bagize.

Umunyafurika wa mbere yasifuye UEFA Super Cup

Ku wa 12 Kanama 2026, Umunya-Somalia Omar Artan yanditse amateka aba Umunyafurika wa mbere ndetse n’umusifuzi wa mbere uturuka hanze y’u Burayi uyoboye umukino wa UEFA Super Cup.

Artan w’imyaka 34 yayoboye umukino wabereye i Salzburg muri Autriche, aho Paris Saint-Germain yatsinze Aston Villa ibitego 2-1 ikegukana igikombe. Yari yungirijwe na Liban Abdoulrazack Ahmed wo muri Djibouti na Stephen Eleazar Onyango Yiembe wo muri Kenya.

Artan, uri ku rutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga ba FIFA kuva mu 2018, yanatowe nk’Umusifuzi w’Umugabo witwaye neza muri Afurika mu 2025. Kugirwa umusifuzi wa UEFA Super Cup byaturutse ku bufatanye bwa UEFA na CAF bugamije guteza imbere imikoranire no guhererekanya ubunararibonye hagati y’abasifuzi bo ku migabane yombi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages