Ku rwego rw’igihugu iyi gahunda yasorejwe mu Karere ka Huye, muri Groupe Officiele Indatwa N’inkesha, ahari hateraniye abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye 477 bakina imikino itandatu irimo Football, Basketball, Handball, Volleyball, Imikino ngororangingo n’abanyonga igare.
Ibikorwa byasojwe ku mugaragaro na Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice n’abandi bayobozi.
Umuyobozi Mukuru wa Gahunda Isonga, ishinzwe kuzamura impano z’urubyiruko mu mikino itandukanye, Dr. Niyonsenga Clairon, yavuze ko iyi gahunda yiswe ‘Isonga National Sports Talent’ yabaye umwanya mwiza wo gutyaza impano zabo mu mikino, kandi ko banigiyemo kwiga indangagaciro z’ubumuntu zirimo ikinyabupfura, gukunda igihugu n’ibindi.
Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, ati “Twagize amahirwe yo kugira icyo twongera ku mpano zanyu, burya umukinnyi, buri munsi uko akoze akantu hari icyiyongeraho. Mwagize kandi umwanya wo guhiganwa ari na byo bituma dusoza gahunda nk’iyi dufite ikipe nziza z’abahanga bavuye muri mwe."
Minisitiri Mukazayire yasabye aba bana guhora bashyira imbere u Rwanda mu mikino yabo, bakajya bahora bakina bumva ko bahagarariye u Rwanda.
Hirwa Ethan Kamali w’imyaka 14 wiga mu Iseminari Nto ya Karubanda, wanitwaye neza muri Volleyball, yabwiye IGIHE ko izi ngando zamwongereye ubumenyi, binamuremamo undi mutima wo guhatana.
Ati “Nungukiyemo irindi nararibonye mu kibuga ndetse no kumenya kugabanya amakosa mu mukino no kumenya kumvikana na bagenzi bawe mukinana.’
Icyizere Nadia, wiga mu mwaka kabiri w’amashuri yisumbuye muri Groupe Officiele Indatwa N’inkesha ukina mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 15, yavuze ko yishimira ko yahuye na bakuru be muri Volleyball bakamwigisha tekinike za ngombwa mu mukino.
Abahize abandi muri iyi mikino ku rwego rw’akarere bazongera guhura mu biruhuko bya Pasika bahatane mu rwego rw’intara, nyuma bazakomeze ku rwego rw’igihugu. Impano nziza muri buri mukino zizakomeza gutezwa imbere, bajye baserukira Rwanda mu bihe biri imbere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!