00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Century Park Hotel yinjije abakundana muri St Valentin mu buryo budasanzwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 February 2025 saa 06:26
Yasuwe :

Imitima y’abakundana bizihiza umunsi wa St Valentin ubu ntiri hamwe, buri wese ari gutekereza icyo azakorera umukunzi we kizamushimisha kuri uyu munsi wahariwe abakundanye.

Uyu umunsi urangwa no guhana impano nziza bigaherekezwa no gusohokana, mugasangira amafunguro meza mwongera kwishimira icyanga cy’urukundo rwanyu.

Century Park Hotel & Residences iherereye i Nyarutarama, yahisemo kwinjiza abakundana muri St Valentin ibategurira amafunguro n’ibinyobwa bizatuma baryoherwa.

Iyi hoteli ubusanzwe imiterere yayo iryohera abakundana kuba bayisohokeramo, yateguye bimwe mu bizatuma uyu munsi urushaho kugenda neza.

Abakundana bazifuza kurara muri Century Park Hotel bagabanyirijwe ibiciro kuko ‘apartement’ y’ibyumba bibiri yashizwe ku 98$, ugahabwa ifunguro rya mugitondo, icupa ry’umuvinyo ndetse ukagabanyirizwa 20% muri serivizi za resitora.

Muri resitora zose z’iyi hoteli hazategurwa amafunguro azatuma abizihiza St Valentin bazarushaho kuryoherwa, nko muri Billy’s Bistro aho abantu bemerewe amafunguro y’ubwoko butanu aherekejwe n’umuvinyo, abantu babiri bazishyura 48.000Frw.

Muri Chillax Lounge hateguwe ubwoko butatu bw’amafunguro aherekejwe n’umuvinyo n’inzoga zo mu bwoko bwa ‘beer’, ku bantu babiri bazishyura 48.000Frw.

Ku basanzwe bakunda indyo z’Abashinwa zitekerwa muri Tung Chinese Cuisine na bo bashyizwe igorora kuko bazaba bemerewe gutumiza izo bashaka zose ndetse hari na ‘desserts’ z’ubwoko butandukanye abantu babiri bakishyura 10.000Frw.

Ibi byose bizaherekezwa n’umuziki mwiza uzacurangwa na Cedric Mineur afatanyije na Afrozik band. Abashaka gufata imyanya mbere bahamagara 0782015450.

Century Park Hotel yinjije abakundana muri St Valentin
Kuri St Valentin hazaba hateguwe ubwoko butandukanye bw'amafunguro
Abakundana bazabona umwanya wo kwishimira urukundo rwabo kuri Century Park Hotel
Abazafata icyumba bazahabwa ifunguro rya mu gitondo ku buntu
Abakundana bazafata icyumba, bazahabwa umuvinyo ku buntu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .