Capuccino ni bumwe mu bwoko bwa “Kawa y’ikivuge”, ikawa ikunda kuboneka muri za Boubon coffee n’ahandi bagira umwihariko wa kawa. Twifuje kubagezaho uko ikorwa mu mafoto.
IGIHE twasuye Ebenezer iri mu nyubako y’isoko rishya rya Nyarugenge, hamwe muho bakora Ikawa, ari nawo mwihariko wabo nuko Swaleh Nshimiyimana, umwe mu bakozi baho wize amasomo yo guteka ikawa mu gihugu cya Kenya atwereka uko bayikora.
Yadusobanuriye ko ikawa yavumbuwe bwa mbere mu gihugu cya Ethiopia, ariko Abataliyani baba ari bo bakora amoko menshi banatangira kuyikoraho ubushakashatsi, ku buryo ubu amako akorwa ari bo bayamenyekanishije.
Yatubwiye ko kuyikora bisaba kuba ufite ibikoresho byabugenewe ari byo nka espresso machine, ukaba ufite ikawa n’amata asanzwe.
Yatubwiye ko we azi gukora ubwoko hafi ya bwose burenga 39 bwa kawa n’ubwoko bw’imitobe (juices) burenga 24. Gusa yadukoreye ubwoko bubiri ari bwo Cappuccino na caffee latte.
Inzobere mu by’ubuzima zivuga ko abantu bakunda kugira ibibazo by’umuvuko mwinshi (hypertension) w’amaraso badakwiye kunywa.
Kamwe mu kamaro k’ingenzi ka kawa ni ukugabanya amavunane (stress) no gutuma amaraso atembera neza mu mubiri. Abaganga bavuga ko kawa itabuza ibitotsi nk’uko bamwe babivuga.
Dore uko bakora capuccinno mu mafoto:
Uretse iyi Cappuccino adukoreye, dore andi moko yazo:



















TANGA IGITEKEREZO