00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kubw’akanyamuneza ibatera bayise isosi y’aba Papa

Yanditswe na

Ernest RUTANGUNGIRA

Kuya 13 March 2012 saa 05:08
Yasuwe :

Iyi sosi (soup) ni imwe mu zoroshye guteka, ikaba ari kandi mu zihendutse ku buryo buri wese yayitekera bitewe n’uko ibirungo byayo biboneka hose mu masoko yacu ikanaba yaritiriwe aba Papa (papa’s potato soup) kuko bayikunda ariko bitabujijwe ko n’abandi bayivumba ho.
Ibikoresho n’ibirungo
• Ibirayi bitandatu
• Cubes enye za 4 bouillion
• Ibitunguru bibiri (onion)
• Uduce dutanu twa foromage (5 slices american cheese)
• Kimwe cya kane cy’igikombe cy’ifarini
• Udukombe dutatu (…)

Iyi sosi (soup) ni imwe mu zoroshye guteka, ikaba ari kandi mu zihendutse ku buryo buri wese yayitekera bitewe n’uko ibirungo byayo biboneka hose mu masoko yacu ikanaba yaritiriwe aba Papa (papa’s potato soup) kuko bayikunda ariko bitabujijwe ko n’abandi bayivumba ho.

Ibikoresho n’ibirungo

• Ibirayi bitandatu

• Cubes enye za 4 bouillion

• Ibitunguru bibiri (onion)

• Uduce dutanu twa foromage (5 slices american cheese)

• Kimwe cya kane cy’igikombe cy’ifarini

• Udukombe dutatu tw’amata

• Amazi

Uko itekwa

• Kata ibirayi mo uduce duto twa cubes.

• Shyiramo za bouillion ukate n’ibitunguru ubishuremo.

• Shyiramo amazi make noneho ucanire ku ziko kugeza bihiye.

• Sa nk’ucucuma ibyo birayi bikiri ku ziko.

• Shyiramo ya Farini n’utuzi duke kugirango ifarini inoge kandi yivange n’ibirayi.

• Bimaze kuba inombe neza, genda wongeramo ya mata bikiri ku ziko gahoro kugeza ashiriyemo.

• Ongeramo za Foromage.

• Komeza ucane kugeza aho bibaye isupu nziza ifashe.

Nyuma y’aha ishobora kuyigabura iherekejwe n’umugati ahasigaye ukaryoherwa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages