00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ururimi, ibiryo n’ikirere byabanje kubatonda: Abanyamahanga baba mu Rwanda bavuze (Video)

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 3 June 2024 saa 04:05
Yasuwe :

Akenshi iyo abantu bavuye mu gace kamwe bakajya mu kandi cyangwa se bakava mu gihugu kimwe bakajya mu kindi, bakunze gutondwa n’umuco waho.

Ni ibisanzwe kuko aba agiye mu gace gafite umuco utandukanye n’uwo asanzwe amenyereye, ururimi rushya, ikirere n’ibindi.

Ni nako bigenda ku banyamahanga baza mu Rwanda, dore ko igihugu cyafunguye amarembo aho kucyinjiramo kuri ubu ku baturage bo mu bihugu byinshi nta viza bisaba.

IGIHE yaganiriye na bamwe mu rubyiruko ruza mu Rwanda ruvuye mu bihugu bigiye bitandukanye, bagaragaza bimwe mu byabagoye bageze mu Rwanda.

Bimwe mu byo bavuze bibagora harimo ururimi dore ko hejuru ya 95% by’abanyarwanda bavuga Ikinyarwanda, ikirere, ibyambarire, ibyo kurya ndetse n’uburyo abanyarwanda bakunze kubitegereza cyane, babatangariye.

Icyo benshi bagarukaho kandi ni amafunguro yo mu Rwanda ashingiye ku biboneka mu Rwanda, rimwe na rimwe ugasanga bitandukanye n’ibyo bari basanzwe barya iwabo.

U Rwanda ruzwiho kugira ikirere cyiza, cy’ubushyuhe buringaniye n’ubukonje budakanganye. Si ibintu biboneka henshi ku Isi, hamwe uzasanga bamara igihe kinini mu bushyuhe mu gihe abandi bakimara mu bukonje.

Kurikira ikiganiro Scoop on Scoop mu rurimi rw’Icyongereza, wumve ubuhamya bw’abanyamahanga baba mu Rwanda n’ibyagiye bibatonda bakihagera


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .