00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Léon XIV yahakanye ibyo kwibasira Trump

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 20 April 2026 saa 10:58
Yasuwe :

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Léon XIV, yagaragaje ko ibimaze iminsi bivugwa ko yibasiye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ari ibinyoma kuko ijambo yavuze ryateguwe mbere y’uko Trump agira icyo amuvugaho.

Ibi yabivuze ubwo yiteguraga kujya muri Angola mu rugendo rw’iminsi 10 arimo rwo gusura ibihugu bitandukanye byo muri Afurika.

Papa Léon XIV na Trump bamaze iminsi mu ntambara y’amagambo yatewe n’uko Papa Léon XIV yasabye ko Trump yarangiza intambara yo muri Iran.

Trump nyuma yaje kuvuga ko Papa Léon XIV ari umunyantege nke ndetse nta kintu azi kuri politiki n’ububanyi n’amahanga.

Papa Léon XIV ubwo yatangiraga urugendo rwe rwo gusura ibihugu byo muri Afurika mu ijambo rye yavuze ko Isi iri kwangizwa n’abanyembaraga ariko bake mu Isi.

Ibinyamakuru byinshi byahise bitangaza ko ari Trump Papa Léon XIV yavugaga nubwo atigeze amuvuga mu izina.

Ibyo Papa Léon XIV yaje kubihakana avuga ko byatangajwe mu buryo butari byo, ko ijambo yavuze icyo gihe ryari ryarateguwe mu byumweru bibiri mbere y’uko Trump amwibasira.

Ati “Yateguwe mu byumweru bibiri mbere y’uko Perezida agira icyo amvugaho kandi bwari ubutumwa bw’amahoro natangaga.”

Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, yashimye ubu butumwa bwa Papa Léon XIV ndetse avuga ko ari kutumvikana kwari kwabayeho.

Ati “Nshimiye Papa Léon XIV ku bw’iyi mvugo. Mu gihe itangazamakuru rikabiriza ibintu rikabigira bibi kurushaho, ibyo kutumvina bibaho. Ukuri kenshi kuba kugoye.”

Papa Léon XIV yahakanye ibyo kwibasira Trump

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages