Bivugwa ko abasore n’abagabo benshi bakururwa cyane n’ikibuno cy’abakobwa, bigashimangirwa n’uko umukobwa ufite ikibuno kinini abanyuraho bagahindukira cyangwa bakarabya indimi.
Nubwo abantu babitekereza batyo, ntabwo bose ari ko bakururwa n’ikibuno cy’abakobwa kuko hari abakururwa n’amabere, isura cyangwa iminwa.
Ku bakobwa, bo bikunze kuvugwa ko bakunda gukururwa n’abasore b’ibigango cyangwa se bafite ibituza binini.
IGIHE yaganiriye n’abasore n’inkumi bo mu Mujyi wa Kigali, kugira ngo imenye ibice by’umubiri bakunda cyangwa bibakurura. Abenshi bahurije ku kibuno n’ibituza.
Keza Kevine yagize ati “Njyewe nkunda umusore ufite ibituza binini kuko aba agaragara neza. Ikindi aba afite imbaraga ku buryo yanaguterura mu bukwe.”
Ibyo abihurizaho na mugenzi we, Esther, wagize ati “Umusore udafite ibituza ntacyo twavugana kuko ntabwo aba agaragara neza. Iyo ayafite, umuryamaho ukumva ni byiza.”
Mu basore twaganiriye, abenshi bagaragaje ko bakunda abakobwa bafite ikibuno kinini.
Mike yagize ati “Njyewe ndananutse, ntabwo nakundana n’umukobwa muto, ni yo mpamvu nkunda abakobwa bafite ikibuno kinini. Ikindi kandi, baba banagaragara neza.”
Uwitwa Mucoma Platini na we yavuze ko akururwa n’ikibuno, bitewe n’uko agifata bikamushimisha.
Nubwo abasore benshi bagaragaje ko bakunda ikibuno, hari n’abandi batagikunda barimo Fiston, wavuze ko ikintu cya mbere kimukurura ku mukobwa ari isura nziza, ikibuno kikaza ku mwanya wa kabiri.
Bitewe n’uko abagabo bakunze kugaragaza ko bakunda abakobwa bafite ikibuno kinini, hari abo bitera ikibazo bakajya kwiyongeresha ikibuno ibizwi nka BBL cyangwa se bakiyegurira gukora siporo kugira ngo bongere ikibuno, gusa si ko bose babikora bagamije gukurura abagabo.
Abasore na bo bajya muri gym gukora siporo, bagakora ibituza mu rwego rwo gushaka ibigango gusa abakikora bose si ko baba bashaka gukurura abakobwa cyangwa abagore.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!