Vanessa arangwa no kuba ari umuntu ufite inzozi kandi yizera ko ejo ari heza cyane. Uyu mu kobwa arangwa n’impuhwe nyinshi bikaba bigarazwa n’uko adakunda kubona abantu bari mu byago cyangwa babaye.
Izi mpuhwe zigaragarira mu bikorwa bye aho aba aharanira ibyishimo bya buri muntu, akora uko ashoboye ngo abantu bari hafi ye bahorane umunezero. Uyu mukobwa kandi azi kujya inama cyane kandi mu bikorwa bye arangwa n’urukundo bikaba bituma abantu benshi bifuza kubana na we.
Bimwe mu byamamare byabayeho byagiye byitwa iri zina harimo nk’umurimbyi akaba n’umukinyi w’amafilimi Vanessa Paradis. Undi wamenyekanye cyane ni Umufaransakazi w’umukinnyi wa filimi Vanessa Demouy.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!