00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Philene, izina ry’umukobwa udakunda gutegereza igihe kirekire

Yanditswe na Ishimwe Deborah
Kuya 29 October 2020 saa 07:18
Yasuwe :

Philene ni izina rihabwa umwana w’umukobwa rikaba rikomoka ku ijambo ry’ikigereki ‘Philana’ risobanura “ukunda umugabo(Loving Mankind)” Iri zina rikaba ryarasakaye ku isi hagati y’umwaka wa 1880 na 1889.

Iri zina kandi zina kandi ntiryigeze rigaragara muri Amerika nkuko byatangajwe n’urubuga rw’ikigo gishinzwe umutekano n’ubuyobozi muri Amerika “SSA.gov” bivuze ko nta muntu n’umwe witwa iri zina uharangwa.

Ibikunze kuranga abitwa iri zina

Uwitwa iri zina akunze kurangwa no gucika intege ku kintu yifuzaga kugeraho bikaba byaha abandi urwaho rwo kubona ibyo bifuza, imyitwarire ye kandi ikunze kudahinduka.

Ashobora kuba uwahanga ibintu ariko kandi akagira ubushake bwo gushyiraho ingamba kugira ngo agere ku ntego ze ndetse yitangira gukora ibikorwa by’abandi kandi agakunda gusangira nabo inshingano.

Abantu benshi bishimira kumugisha inama kuko akunze kubatega amatwi yitonze mu gihe bamubwira ibibazo byabo.

Mu miterere ye ahora yifuza kuba umuyobozi. Ntakunda umuntu umutegeka ahubwo we aba yumva yayobora abandi, ashobora kuba yavumbura ibitekerezo byo kugera kure ndetse akishimira ko abantu babona imbaraga yakoresheje mu kintu.

Ntabwo akunda abantu bahora bifuza nyamara batagira icyo bakora mu mirimo yabo. Philene abantu bamufata nk’umuntu utera abandi imbaraga, uvuga amagambo menshi kandi usabana.

Ni umuntu ushobora kureba kure gusa arakara vuba kandi ntajya abasha gutegereza ikintu igihe kirekire bitewe n’uko arambirwa vuba. Ni umuntu ubona amahirwe yo kubona amafaranga menshi ariko akayatakaza vuba kandi atayakoresheje ikintu kigaragara.

Philene akunze kugorwa no gutegereza igihe kirekire

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .