00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nanie, izina ry’umukobwa urangwa n’amarangamutima ahindagurika

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 13 September 2021 saa 07:11
Yasuwe :

Nanie ni izina rihabwa umwana w’umukobwa, risobanura ubuntu, iri zina rikomoka mu Gifaransa rikaba rifitanye isano na Anne, ryamamaye cyane mu kinyejana cya 20 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Abakobwa bahabwa iri zina barangwa n’imico ivangavanze ku buryo byakugora gutahura uko bateye. Usanga hari aho barangwa n’ikinyabupfura, kugira ubuntu, kwizera iyobokamana cyane ariko nanone bakagorwa no kuvugisha ukuri.

Rimwe baba ari abantu batagirana ubucuti n’abandi ndetse ntibakunde gusabana n’abandi, ikindi gihe ugasanga ni abantu buzuye urukundo kandi bitaye ku bandi cyane cyane inshuti n’abagize umuryango wabo ku buryo usanga hari abirahira urukundo rwe.

Nanie ni umukobwa ukunda ibintu bihenze no kugaragara neza ibi bituma ahora yambaye neza, akanakora iyo bwabaga ngo akunde agaragare neza imbere y’abantu.

Umuco ukomeye uranga ba Nanie, usanga ari abantu batinya kwerekana impano zabo ariko ari abantu bafite imishinga itandukanye ndetse barangwa no guhanga udushya no gutanga ibitekerezo ariko kugaragaza impano badashishikajwe nabyo.

Hari abantu b’ibyamamare bahawe iri zina harimo Nannie Helen Burroughs Umunyafurika wamenyekanye mu gutanga ubumenyi butandukanye ndetse no guharanira uburenganzira bw’abagore. Hari na Nannie de Villiers Umunyafurika y’Epfo w’icyamamare muri Tennis n’abandi.

Abakobwa bitwa Nanie bakunze kurangwa n'amarangamutima ahindagurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .