Akunze kurangwa no kuba nyamwigendaho, rimwe na rimwe akaba umuntu ushyira mu gaciro. Biragoye kuba wamukura ku bitekerezo bye cyangwa ku mwanzuro yafashe, n’iyo waba umugira inama, kuko adakunda kuvuguruzwa.
Gildas akunda gukorera ku bitekerezo bye kurusha gukorana n’abandi. Iyo ari mu bandi, ni umuntu uba ushaka ko abandi bagendera ku mahitamo ye, kandi imvugo ye iba irimo gutegeka.
Iyo bibaye ngombwa ko asobanura uwo ari we, Gildas akunze kwigaragazaho ubumenyi ndetse n’imibanire myiza n’abandi, gusa rimwe na rimwe akunze kubura uko yifata mu bandi ndetse akagira isoni.
Aba yumva yagaragara neza mu bandi, gusa iyo avuga rimwe na rimwe abura amagambo meza yo gusobanura ibyo ashaka, bikarangira akoresheje ikintu kitaryoheye abandi, cyagira n’uwo kibabaza nubwo aba ari ukuri.
Ashobora kugaragaza ibitekerezo bye by’imbere ndetse n’amarangamutima ye neza mu nyandiko.
Ubucuti bwe n’imibanire n’abandi bikunze kugira aho bigarukira, akishimira kubana n’abo bahuje imyitwarire, bashobora kumwumva ndetse bakamwemera by’ukuri, ariko kandi mu buryo budakabije.
Ntabwo yishimira kumva abantu bavuga cyangwa binjira mu buzima bwe cyangwa se barwanya inshuti ze. Ni wa muntu kandi wikundira gusohoka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!