Abantu bitwa ba Ada baba ari abantu bakunda amahoro no kugira neza kurenza ibindi bintu byose, ni wa muntu udashobora gucika intege ku bantu be kuko aruhuka ari uko ibyo ashaka abibonye.
Ni abantu bakunda gufata inshingano cyane kuko usanga bajya gukora ubukorerabushake mu mishinga itandukanye kugira ngo bagire uruhare mu byemezo bitandukanye.
Ada arangwa no gukunda inshuti ze ndetse n’abandi bantu bose bamuri iruhande, iyo hari ibitagenda neza ahora ahangayitse ashakisha uburyo byagenda neza kandi mu mahoro. Kubera gukunda amahoro ahora yirinda icya mushyira mu makimbirane n’inzangano.
Hari abantu bamamaye bagiye bahabwa iri zina harimo Ada Loverace umwe bahanga bakomeye mu mibare Isi yagize. Undi wahawe iri zina wamamaye ni umukinnyi wa filimi Ada Nicodemou uzwi muri Heartbreak High.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!