Udukingirizo turenga miliyoni 110 twakorezwe n’inganda zo mu Bushinwa, twirukanwe muri Ghana nyuma yo gupimwa muri laboratwari bagasanga tutujuje ubuziranenge.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ibijyanye n’ibiryo n’imiti muri Ghana, amaze gutangaza ko kuri utwo dukingirizo basanzeho utwenge ndetse ngo no gucika bikaba byoroshye cyane.
Utu dukingirizo twari twaratangiye gutangwa n’abashinzwe ubuzima mu rwego rwo gukumira icyorezo cya SIDA gikomeje kwiyongera muri Ghana.
Umunyamakuru wa BBC Sammy Darko uri mu murwa mukuru Accra, aravuga ko udukingirizo turenga miliyoni 200 dufite ibi bibazo, ngo dushobora kuba twarazanywe muri Ghana , bityo bikaba biteye impungenge Minisiteri y’ubuzima.
Thomas Amedzro uhagarariye ikigo gishinzwe imiti muri Ghana, aravuga ko utu dukingirizo twazanywe muri Ghana, tuvanywe muri Kenya aho dukorwa n’inganda zo mu Bushinwa.
Thomas avuga ko umuntu wakoresha utu dukingirizo, ashobora kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse hakaba hanabaho gusama ku buryo butiteguwe.
Yagize ati “Umuntu ntashobora kubona utu twenge turiho, ariko ukoresheje “ microscope” imyenge yatwo iragaragara.
Icyegeranyo cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, rivuga ko abaturage barenga ibihumbi 230 babana n’ubwandu bwa SIDA muri Ghana, ku baturage miliyoni 25 batuye iki gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO