Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ritangaza ko hari intambwe yatewe mu bihugu byo ku isi hose mu kugabanya impfu z’abana, ariko ko hakiri icyuho kugira ngo intego yaryo yo kuzigabanya kugeza kuri 2/3 mu mwaka wa 2015 igerweho.
Icyegeranyo cya OMS cy’umwaka wa 2013 yasohoye kuri uyu Gatatu kigaragaza ko umubare w’abana bapfaga batarageza ku myaka itanu wavuye kuri miliyoni 12 mu w’1990 ugera munsi ya miliyoni indwi mu mwaka wa 2011, ariko ibi bikaba bidahagije ngo intego z’ikinyagihumbi mu rwego rw’ubuzima zizabe zagazweho muri 2015.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko OMS yerekanye ko hakiri ubusumbane hagati y’ibihugu bikennye n’ibikize mu bikorwa byo kubungabunga ubuzima.
Henshi mu bihugu bifite ubukungu buke n’ibifite ubucirirtse, abaturage baracyahendwa n’imiti bigurira mu bikorera, aho ibiciro byayo biba byikubye inshuro 16 ugereranije n’iyo bakabonye mu mavuriro ya leta batabona.
Raporo ya OMS y’umwaka wa 2013 igereranya ibyagezweho n’ibihugu bihagaze neza mu rwego rw’ubuzima n’ibihagaze nabi uhereye mu mwaka w’1990, hagendewe ku mibare igaragaza abana bavuka n’abapfa mu nzego za Leta, mu bitaro n’ubushakashatsi bwakorewe mu miryango.
Mu gihe abana bapfa batarageza ku myaka itanu bavuye kuri 171 ku 1000 bavuka mu w’1990 bagera ku 107/1000 mu mwaka wa 2011. Dr Ties Boerma ushinzwe ibarurishamibare mu by’ubuzima muri OMS yatangaje ko ibyagezweho bishimishije ariko hakiri icyuho hagati y’ibihugu bikize n’ibikennye.
Ku bigendanye n’umubare w’abagore bapfa babyara, ku isi hose igaragara ko wagabanutseho 3% ariko ko hakenewe gukaza ingamba ngo imibare irusheho kugabanuka. Zimwe muri izi ngamba zirimo kurwanya inzara kimwe mu biza ku isonga mu biteza impfu.



















TANGA IGITEKEREZO