00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuraperi K8 Kavuyo yatangiye gutoza umwana we iby’ubuhanzi

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 28 June 2013 saa 10:38
Yasuwe :

Abinyujije ku rubuga rwa Facebook ya konti ye (William Muhire), umuraperi K8 Kavuyo yagaragaje amafoto ye mashya ari kumwe na Bahati n’umuhungu babyaranye Ethan Jedidiah Muhire, aho agaragara nk’uri kumwerekera amukundisha ib’umuziki.
Uyu mwana wa K8 Kavuyo yavutse mu kwezi kwa karindwi (Nyakanga) uwmwaka ushize wa 2012. Yatangiye kuvugwaho cyane no kwamamara ubwo hatangazwaga inkuru y’uko nyina Bahati atwite.
Yaje kurushaho kwandikwaho no kuvugwa mu itangazamakuru ryo mu Rwanda ubwo (…)

Abinyujije ku rubuga rwa Facebook ya konti ye (William Muhire), umuraperi K8 Kavuyo yagaragaje amafoto ye mashya ari kumwe na Bahati n’umuhungu babyaranye Ethan Jedidiah Muhire, aho agaragara nk’uri kumwerekera amukundisha ib’umuziki.

Uyu mwana wa K8 Kavuyo yavutse mu kwezi kwa karindwi (Nyakanga) uwmwaka ushize wa 2012. Yatangiye kuvugwaho cyane no kwamamara ubwo hatangazwaga inkuru y’uko nyina Bahati atwite.

Yaje kurushaho kwandikwaho no kuvugwa mu itangazamakuru ryo mu Rwanda ubwo nyina yamwibarukaga, inkuru ziza kurushaho gushyuha ubwo hatangazwaga ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yamusomye mu gahanga ubwo yajyaga kwiyamamaza mu Mujyi wa Marshalltown.

Urebye kuri iyi foto nshya bari muri studio K8 Kavuyo yasangije abafana be, ubonaho bose uko ari batatu bahanze amaso mudasobwa. Bahati arasa n’uwari uhagaze ariko yunamye asa n’uri kwereka K8 Kavuyo ikintu kuri mudasobwa, bose baseka. Kuir iyi foto, uyu musore wabo Muhire ari kwitegerezanya ubushishozi ibyo ababyeyi be barimo.

Uyu musore ufite igikinisho mu ntoki aragaragara nk’utuje kandi uri kurushaho gukura neza.

Kuri iyi foto, K8 Kavuyo yanditseho ati “Ndi muri Studio ya PressOne hamwe n’umuryango wanjye, habanza umuryango”.

Ku rubuga rwa facebook ya K8 Kavuyo kandi hanagaragara amafoto menshi y’uyu muhungu wabo Muhire, bari mu ngendo, yambaye ibendera ry’u Rwanda n’andi menshi.

Kuri amwe muri aya mafoto, K8 Kavuyo yanditseho ati "Ndi Uw’i Kigali".

Ngiyi ifoto nshya K8 Kavuyo yagaragaje, yandikaho ko we n'umuryango we bari bari muri studio
Bahati Grace agaragaza ibyishimo atewe no guheka umuhungu w'umuraperi Kavuyo
Kuri iyi foto K8 Kavuyo yanditseho ati "Umugabo ukomeye"
Ethan Jedidiah Muhire
Nguyu ku isura, umuhungu wa Kavuyo
Meddy ateruye umwana wa K8 Kavuyo
Imwe mu mafoto yakwirakwiye cyane ahantu henshi y'umwana wa K8 Kavuyo
Ubwo Obama yasomaga mu gahanga k'umwana wa Kavuyo
K8 Kavuyo
K8 Kavuyo, umwe mu baraperi bakunzwe mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages