00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Christina Aguilera yasuye Kigeme na Bugesera

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 27 June 2013 saa 10:52
Yasuwe :

Mu ruzinduko ari gukorera mu Rwanda, umuhanzi w’Icyamamare wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Christina Aguilera yasuye Akarere ka Nyamagabe (ahitwa Cyanika), anasura inkambi ya Kigeme iri muri ako karere, kuri uyu wa Gatatu.
Kuri uyu wa Kane, Aguilera, w’imyaka 32, yerekeje mu Karere ka Bugesera, aho yasuye amashyirahamwe y’abahinzi baho.
Christina Aguilera, asanzwe ari intumwa y’Ishami ry’Umuryango wita ku Biribwa (World Food Program) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nk’uko (…)

Mu ruzinduko ari gukorera mu Rwanda, umuhanzi w’Icyamamare wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Christina Aguilera yasuye Akarere ka Nyamagabe (ahitwa Cyanika), anasura inkambi ya Kigeme iri muri ako karere, kuri uyu wa Gatatu.

Kuri uyu wa Kane, Aguilera, w’imyaka 32, yerekeje mu Karere ka Bugesera, aho yasuye amashyirahamwe y’abahinzi baho.

Christina Aguilera, asanzwe ari intumwa y’Ishami ry’Umuryango wita ku Biribwa (World Food Program) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nk’uko twabyanditse mu nkuru y’ukuza kwe mu Rwanda http://www.igihe.com/imyidagaduro/muzika/article/icyamamare-christina-aguilera.

Aganira na IGIHE, umuyobozi w’inkambi ya Kigeme, Ntirenganya Deo, yavuze ko Christina Aguilera yabonanye n’abana bafite imirire mibi muri iyi nkambi ndetse n’abandi batabona ibiribwa bakenera nk’abagore babyaye bityo akazabakorera ubuvugizi.

Yagize ati “Ejo twaririranywe umunsi wose. Yaraje areba impunzi, areba uburyo zibayeho, areba abana bafite ibibazo by’imirire mibi, tunagirana ibiganiro binyuranye”.

Muri uru rugendo ari kumwe n’abashinzwe umutekano be, abamufotora n’abandi bazananye nawe hamwe n’abakozi bo muri HCR n’inzego z’umutekano n’iz’Ubuyobozi z’u Rwanda.

Minisiteri ya Siporo n’Umuco yatangaje ko n’ubwo Christina Aguilera ari umuhanzi w’icyamamare ku Isi, nta gitaramo cyo kuririmba ateganya gukorera i Kigali. Minisiteri yavuze kandi ko nta byinshi bazi kuri uru ruzinduko rwe mu Rwanda.

Zimwe mu ndirimbo Christina Aguilera aheruka gusohora ziri kubica bigacika:

Muri izi ngendo, Christina Aguilera agenda abonana n'abana bafite imirire mibi (aha ni muri Haiti)
Christina Aguilera ari mu bikorwa bijyanye na World Food Program Food gusa nta bindi bitaramo bizwi azakorera muri Kigali
Iyi ni inkambi y'impunzi ya Kigeme, Christina Aguilera yasuye ubwo yazaga mu Rwanda
Mbere yo kuza mu Rwanda, Christina Aguilera yabanje guca i Amsterdam, aha yari ari gutembera n'umukunzi we Mathew
Ifoto ya mbere Christina Aguilera yafotowe akigera mu Rwanda, aha ni tariki ya 26 Kamena 2013 ari ahakorera PAM

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages