Ubwo hatangizwaga amarushanwa ya Tusker Project Fame 6 mu Rwanda, hagaragayemo bamwe mu bahanzi bazwi hano mu Rwanda ari bo Elion Victory, Patrick Nyamitari, Peace na G-Bruce.
Aba bahanzi bose bahawe agapapuro kabemerera kugaruka kuri Sports View Hotel kuri iki Cyumweru ngo abatsinze bose batorwemo abazaserukira u Rwanda muri Kenya.
Nyamitari aganira na Richard Irakoze wa IGIHE:
Aba bahanzi bose Elion Victory, Patrick Nyamitari, Peace na G-Bruce bahuriye ku kuba bakunze kuvugwaho ko ari abahanga kandi bafite impano ariko bakabura amahirwe yo kumenyekana cyane no kwamamara mu muziki wabo.
Mu kiganiro bagiranye na IGIHE, bavuze ko bizeye gukomeza bakazagera kure muri aya marushanwa.
Bavuze kandi ko nta mbogamizi y’uko bari basanzwe ari abahanzi kandi bazwi mu muziki w’u Rwanda.
Elion Victory aganira na Richard Irakoze wa IGIHE:
Aganira na IGIHE, Nyamitali yagize ati “abashinzwe Tusker babidusobanuriye, ikibazo wenda ni nk’uko waba warakoze indirimbo zikamenyekana muri Afurika y’i Burasirazuba, naho ubundi indirimbo zawe n’iyo zaba zamenyekaniye ino aha uba ukiri umuhanzi w’imbere mu gihugu; ubu ni nk’aho umuntu agitangira bundi bushya”.
Elion Victory we yamwunganiye agira ati “Nta mpungenge mfite kuko mbere y’uko mbijyamo nabanje gukora ubushakashatsi barambwira ngo ushobora kuza niyo mpamvu naje kugerageza amahirwe yanjye”.
Abitabiriye aya marushanwa bararenga 30. Kuri iki Cyumweru abahawe urupapuro ko batsinze bose bazagaruka batorwemo abazajya muri Kenya.
Hari bamwe bitabiriye aya marushanwa hano mu Rwanda bo muri Uganda bari basanzwe bari mu Rwanda, ariko biyandikishije nk’abo mu bindi bihugu byo muri Afurika y’I Burasirazuba.
Uwegukanye umwanya wa mbere muri iri rushanwa ribera muri Kenya ahabwa miliyoni zirenga 35 z’Amanyarwanda.
Abanyarwanda bagiye bitabira aya marushanwa bagiye bagiriramo amahirwe kandi baserukira u Rwanda neza; harimo Alpha Rwirangira, Gabiro, Teta, Gaelle Atete n’abandi.
Mu kujonjora abari bagize akanama nkemurampaka ni Nirere Shanel, Ian Mbuga na Aline Gahongayire.
Kuri iki Cyumweru IGIHE tuzabatangariza urutonde rw’abazakomeza.



















TANGA IGITEKEREZO