00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manchester City yirukanye umutoza wayo

Yanditswe na

Deus Ntakirutimana

Kuya 14 May 2013 saa 09:19
Yasuwe :

Ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza yirukanye umutoza wayo Roberto Mancini wari umaze imyaka irenga itatu ayitoza, imushinja kudatanga umusaruro uyinyuze.
Iyi kipe yirukanye umutoza wayo kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Gicurasi 2013, nyuma yo kumubwira ko nta musaruro ushimishije yahaye iyi kipe nubwo yatwaye ibikombe bitandukanye birimo n’icya shampiyona mu mwaka wa 2011, igikombe cy’igihugu mu mwaka wa 2011, kugira abakinnyi ibihangange barimo Sergio Agüero, Mario Balotelli, Edin (…)

Ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza yirukanye umutoza wayo Roberto Mancini wari umaze imyaka irenga itatu ayitoza, imushinja kudatanga umusaruro uyinyuze.

Iyi kipe yirukanye umutoza wayo kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Gicurasi 2013, nyuma yo kumubwira ko nta musaruro ushimishije yahaye iyi kipe nubwo yatwaye ibikombe bitandukanye birimo n’icya shampiyona mu mwaka wa 2011, igikombe cy’igihugu mu mwaka wa 2011, kugira abakinnyi ibihangange barimo Sergio Agüero, Mario Balotelli, Edin Dzeko, Samir Nasri, David Silva na Yaya Touré no gutsindira umwanya wa kabiri muri shampiyona y’u Bwongereza, umwanya ubemerera kugana mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi.

Nk’uko imbuga za internet zitandukanye zabitangje, Mancini w’imyaka 48 ukomoka mu Butaliyani yageze muri iyi kipe mu mwaka wa 2009 nyuma yo gutoza amakipe atandukanye arimo Fiorentina, Razio de Rome na Inter de Milan. Mancini yatoje Manchester City imikino 133 atsindamo 82.

Brian Kidd wari umwungirije niwe uzasigara atoza iyi kipe kugeza irangije imikino isigaje muri shampiyona y’u Bwongereza. Manuel Pellegrini utoza Malaga ni we uhabwa amahirwe yo gusimbura Mancini.

Manchester City nubwo yirukanye Mancini yamushimiye akazi keza yayikoreye n’ ubwitange yagaragaje.

Roberto Mancini wasezerewe ku gutoza Manchester City

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages