Shampiyona ya Cricket mu Rwanda iterwa inkunga na Sosiyete ‘ Unimoni Rwanda’ izobereye muri serivisi z’imari zirimo koherezanya amafaranga, kuvunja no kwishyurana, yari imaze amezi ane iri kuba, guhera muri Nyakanga.
Amakipe 24 mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri mu bagabo n’abagore, ni yo yari yitabiriye iyi Shampiyona yakinwe mu buryo bwitwa 50-Over, ni ukuvuga umukino umara umunsi wose.
Ubwo yasozwaga kuri iki Cyumweru, Challengers Cricket Club yatsinze Telugu Royals CC ku manota 135/6 muri Overs 24 (over imwe iba igizwe n’udupira dutandatu).
Telugu Royals CC ni yo yabanje gutera, aho muri overs 29 yakinnye, yashyizeho amanota 131, inakuramo abakinnyi umunani ba Challengers CC.
Challengers CC yateye udupira mu gice cya kabiri, muri overs 24 gusa yari imaze gukuramo amanota yose yatsinzwe, itsinda 135 ndetse ikuramo abakinnyi batandatu ba Telugu Royals Club.
Challengers yegukanye umwanya wa mbere mu cyiciro cya mbere, yisubiza igikombe cya Shampiyona yari yanatwaye mu mwaka ushize. Kigali Cricket Club ni yo yabaye iya kabiri.
Mu cyiciro cya kabiri, igikombe cyatwawe na Spartans CC mu gihe ikipe ya kabiri yabaye Zonic Tigers CC.
Mu bagore, Shampiyona y’icyiciro cya mbere yatwawe na Charity Cricket Club mu gihe Queens of Victory Cricket Club ari yo yabaye iya kabiri mu cyiciro cya kabiri.
Shampiyona ya Cricket yatangiye kuba mu 2013 mu rwego rwo gufasha abakinnyi batandukanye kwerekana impano zabo.



















TANGA IGITEKEREZO