Yatangaje itariki y’ubukwe atarabona nuwo bazarushingana


Yanditswe kuya 11-08-2012 - Saa 01:19' na Umurerwa Emma-Marie

Umunya-Ositaraliyakazi witwa Anita Burtty ufite imyaka 42 y’amavuko akaba n’umuhanga mu by’ubumenyi bw’inyenyeri, yatangarije kuri televiziyo y’iwabo ko yarangije imyiteguro y’ubukwe bwe ateganya muri Mata 2013 kandi ataranabona inshuti y’umusore bazarushingana.

Amakuru dukesha urubuga rwa Dailymail, aratangaza ko Anita Burtty yivugiye ko afite icyizere ko hagati y’Ukwakira n’Ugushyingo 2012 azabona umusore bazabyumvakimwe.

Anita Burtty

Mu kiganiro kuri televiziyo yarahiye atunze amaso ku nyenyeri ko mu mezi make ari imbere agomba kubona umugabo bagomba kubana.

Anita ngo yamaze kugura ikanzu y’ubukwe no gukodesha indabyo ndetse n’aho ubukwe buzabera (sale de reception) ku nkegero z’inyanja, yarangije no gutanga ubutumire ku nshuti ze za bugufi.

Nk’uko yabyivugiye Anita ngo yizeye ko umunsi azahura n’umusore bazarushingana uwo musore azahita abona ko amubonamo umuntu umunyuze, ugira umutima mwiza kandi uzi no gukunda, ngo ntazigera amubonamo umusazi.

Anita Burtty yasabye murumuna we ufite inshuti bateganya kurushinga guhindura itariki y’ubukwe bwe kugira ngo ubukwe bwabo buzabe mu bihe bitandukanye.

Anita akomeza avuga ko ubukwe bwe nibutabera igihe yatangaje atazacika intege kuko ngo n’inyenyeri zigira igihe cyazo cyo kwaka. Ati “Inyenyeri na zo zitangaza igihe zizatangira urumuri rwinshi muri Mutarama. Birumvikaba ko bishobora no kubaho igihe icyo ari cyo cyose muri iyo minsi”.

IBITEKEREZO
imana ijya yumnva ibyo dusaba ikumve
Musubize23.08.2012 saa 04:06
clarisse
imana yunve ngusaba kwawe kandi igusubize kd kwizera kurarema
Musubize19.08.2012 saa 03:03
dada
ese ko numva bamwe muba kurikiranira hafi uru rubuga basa naho icyifuzo cyuyu mu damu ese ure bye iwacu ho ntihari ababuze abagabo ahubwo ugasanga barasaziye mu biro barihebye ahubwo nabo nibagire batange amatangazo babashakire abagabo kuko aho buzakera abagabo tugiye kugira agaciro
Musubize18.08.2012 saa 07:01
amigo romeo jafar
ese ko numva bamwe muba kurikiranira hafi uru rubuga basa naho icyifuzo cyuyu mu damu ese ure bye iwacu ho ntihari ababuze abagabo ahubwo ugasanga barasaziye mu biro barihebye ahubwo nabo nibagire batange amatangazo babashakire abagabo kuko aho buzakera abagabo tugiye kugira agaciro
Musubize18.08.2012 saa 07:01
amigo romeo jafar
elle a la tete dans les étoiles au sens figuré
Musubize14.08.2012 saa 02:29
bien
Uyu mukobwa wa 42 yrs sinamugaya kuko nanjye ndabona ariko nzabigenza itariki nigera ntaramubona nzasezerana n'umuyaga naho ubundi kubona umugore ntibyoroshye n'uyu witwa Crimba ndabona duhuje ibibazo
Musubize11.08.2012 saa 11:02
Sekidende
Rega ntako bisa kumva ko igihe kigeze, ureke babandi batinya kubishyira kuri Public !
Musubize11.08.2012 saa 10:04
Serwakira
None ko Abagore barongorwa kare cyane !!!! Kuki yatinze kuorongorwa ? Uliyo mugore Anita, ashobora no kuba afite imico ikaze cyane kubulyo Abagabo bamutinya. Kuvuga kuliya buliya afite umuhungu buzura, barangije kubyumvikanaho. Aliko akaba atali yamwerekana ngo, babishyire hanze. Niyo mpamvu ali kuvuga aliya magambo, ngo abazabibona bakulikije ibyo yavuze, nibabona bibaye, bajye bamutinya. Muli make afite uzamurongora barangije kubyumvikanaho. Aliko ntekereza ko Anita nawe afite imico ikaze cyane, bigatuma Abagabo bamutinya. Erega bulya Umugore ugira amanyama akaze, Abagabo baramutinya cyane. URUGRO : Abagore bo mu Bihugu bikize kubera ko, amategeko yaho arengera Abagore kurusha Abagabo bagira Amanyama cyane, bigatuma Abagabo batinya kwisuka umuliro kumutwe. Ibyo rero bikabaviramo kubura abagabo babarongora, ubwo mugore agasazaira aho. Muli make mu bihugu byateye imbere, Umugore agomba kumenya ubwenge, bwo gucishiliza make Umugabo, akamuha agaha umugabo amahoro kugirango babane neza, atabikoze atabikoze Abagabo bakamuhunga agasaziraho.
Musubize11.08.2012 saa 09:49
 ????????????????
Kwiyaturira ibyiza ntako bisa Imana yumve icyifuzo cye.
Musubize11.08.2012 saa 04:10
umusomyi
Uyu mukobwa ndamweye pe ! Kandi nawe ariyemera, buriya araniyizera kuko ntiwategereza uwo utazabona, buriya afite ubukungu kamere yibitseho, Bonne chance
Musubize11.08.2012 saa 03:53
Rwangombwa
Bonne Chance.......................................
Musubize11.08.2012 saa 02:26
Jim
yayaya uyu we igihe naburiye umugore ndamujyanye uyu pe nubwo agiye gucura tuzabyara abana babiri twihuse duhite turekeraho,naho ubundi abakobwa b'abanyarwandakazi bananiye bakunda ibintu gusa ntibakunda abantu.dore email zange wa mubaby we ni crimbau@yahoo.com.kandi uzahite wohereza n'itike nzayikwishyura mpageze hahahaha.
Musubize11.08.2012 saa 01:55
crimba
hahahahah, wowe uri uwambere pe. ko nta number ya phone wamuhaye se ?? hari ubwo email yajya muri spams wenda ntuyibone ukaba urahombye. naho abakobwa B'urwanda ntako basa, bari imbere yabandi bose. Ese wibazako uriya we anezerewe aho ageze hariya. hahah, cyangwa nawe urashaka ibintu ntushaka umuntu !! hahah, lol Anitta Imana ikwibuke pe !!
14.08.2012 saa 07:36
KIKY
IMANA yumve gutaka kwe tukwifurije guhirwa
14.08.2012 saa 07:38
NDUHURA Yves

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!