00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Imirambo y’abagabo babiri yasanzwe mu ishyamba itambaye

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 19 October 2018 saa 11:26
Yasuwe :

Imirambo y’abagabo babiri bataramenyekana yatoraguwe mu ishyamba rya Kanyinya riherereye mu Murenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi, bikekwa ko bishwe banizwe.

Ahagana saa kumi n’ebyiri mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo iyi mirambo y’abagabo bari hagati y’imyaka 25 na 50 yagaragaye, yombi nta mapantalo yambaye.

Bikekwa ko ba nyakwigendera biciwe mu kandi gace bakajyanwa muri uwo murenge wa Rukoma kuko nta muturage n’umwe wabashije kubamenya.

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, Nkurunziza Jean de Dieu yabwiye IGIHE ko batangiye gushakisha no kurangisha imiryango yabo.

Yagize ati “Nibyo mu gitondo nibwo ayo makuru yamenyekanye atanzwe n’abamotari bari bazindutse, bari bambaye udupira ariko hasi nta myenda bari bambaye ariko bikekwa ko biciwe ahandi bakazanwa aha kuko ntabwo ari abo muri aka gace.”

Yongeyeho ko bikekwa ko bishwe banizwe kuko nta bikomere basanganywe.

Imirambo y’aba bagabo yahise ajyanwa mu bitaro bya Remera Rukoma kugira ngo isuzumwe hamenyekane icyabishe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages