IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Umuti wavugutiwe ADEPR ni wo ugiye kunyobwa n’Abayisilamu


Yanditswe kuya 28-02-2013 - Saa 03:29' na IGIHE

Nyuma y’aho mu Buyobozi Bukuru bw’Idini rya ADEPR habaye ibibazo by’amakimbirane n’amacakubiri bikaza gukemuka ari uko inzego za Leta zibigizemo uruhare, uwo muti ni wo ugiye guhabwa abayobozi bo mu Idini ry’Abayisilamu mu Rwanda kubera uruhuri rw’ibibazo bigaragaramo muri iki gihe.

Ibi byatangajwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gashyantare 2013, aho yavuze ko uburyo bwakoreshejwe mu gukemura ibibazo byo mu Itorero ry’Abapantekoti mu Rwanda ari na bwo buzakoreshwa mu gukemura ibibazo byo mu Bayisilamu.

Perezida Kagame avuga kuri iki kibazo n’ingamba za Leta mu kugikemura, yagize ati ”Ingamba zizaba nk’izo muri ADEPR. Ni ukubafasha. Ubundi abantu kuba batavuga rumwe, kuba batumvikana bagira bate, hari ubwo biba ari nta kibazo ndetse muri ya sense (uburyo) rimwe mujya mubishyiramo. Si mwe mushaka za ’Oppositions’ (abatavuga rumwe) zishwanyaguza ibintu, ubwo hari ubwo biba biri ’democratic’ (binyuze muri demukarasi). Ariko ubwo iyo bigiye kurenga intera runaka bikajya guhungabanya umutekano w’abantu, icyo gihe izindi nzego zibishinzwe zibijyamo zikareba ko uwo mupaka utarenzwe n’iyo hagati baba bagerageza gukemura ibibazo bibareba numva ari ko byakemuka."

Mu kumwunganira, Musoni James, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu unafite amadini mu nshingano ze yavuze ko ubu hashyizweho komite ishinzwe gukurikirana icyo kibazo ku buryo ndetse bitarenze itariki ya karindwi Werurwe 2013 raporo y’uko ikibazo gihagaze izaba yagiye ahagararara.

Ibi bisubizo ku bibazo byo mu Bayisilamu biravugwa mu gihe ku wa 25 Gashyantare itsinda ry’abashehe (Sheikh) icumi bandikiye Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe imiyoborere batabaza.

Mu ibaruwa bageneye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Ishinzwe umutekano, bagize bati “Tumaze kubona ibibazo by’amacakubiri n’imiyoborere mibi bimaze igihe bivugwa mu muryango wacu w’Abayisilamu mu Rwanda (AMUR), tuboneyeho kubandikira iyi baruwa mu rwego rwo kubatabaza tubasaba kudukemurarira ibibazo biri mu muryango wacu nk’uko biri mu nshingano z’urwego mubereye abayobozi.”

Amakimbirane yo mu Bayisilamu yakuze gahoro gahoro kugeza ubwo batakibasha guhisha umwotsi, akaba aje nyuma y’aho mu Idini ry’Abapentikoti mu Rwanda (ADEPR) bahuye n’ibibazo nk’ibi ariko bikaba byarakemutse umwaka ushije habanje kwitabazwa inzego za Leta.

IBITEKEREZO
gusa ubuyobozi bw'akarere ka MUHANGA, HOPITAL KABGAYI na EAR shyogwe mugerageze mufashe abakozi ba CS SHYOGWE comptable wabo abamereye nabi NB:Abanyamakuru mubavuganire aho cmpble ahaguruka akabwira abakozi bagenzibe ngo ntabwenge mugira muziko ari njye ubahemba nkaho ayakura kumufuka we ??????????????????????????????????????????????????????????? YEWE LETA YACU NIBAFASHE PE BARAGOWEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEE.
Musubize1er.03.2013 saa 03:26
jojo
Byiza cyane kuko, hagiye kubaho bumvikana ,hagati yabashyamiranye.Ndasaba ko ibibazo Sindayigaza Mussa yateje mu idini rya Islamu ,yazabisabira imbabazi .mURIBYO HARIMO GUSUZUGURA UMUYOBOZI WATOWE N'INZEGO ZA ISLAMU MU GIHUGU CYOSE,NDETSE AKAMWANDAGAZA KU MUGARAGARO. HANYUMA KANDI TURASABA Mufiti w'U RWANDA Cheik Gahutu ,ko yakwihanganira ibibazo yagiranye na Sindayigaya Mussa,maze akamuha imbabazi bakubaka ubuyisilamu batiwagiwe umuryango Nyarwanda,dore ka barimo kuwusenya.
Musubize28.02.2013 saa 16:32
kokoh
Ndi umuyislamu umaze iminsi nkurikirana n'ibibazo by'amacakubiri n'imiyoborere mibi bimaze iminsi mu buyobozi bwa Mufti Gahutu, ariko numvise iryo tsinda ryashyizweho na Leta nshimira Imana ko yaduhaye ubuyobozi bwa Leta nziza iharanira gukemura ibibazo ahantu hose, mu by'ukuri abasheikh baragerageje ariko Gahutu yarabananiye, mfite amakuru ko Sheikh Harerimana Abdulkarim yakunze kumuha inama ariko akazica amazi, ngo hari n'inama yaguye yamuhuje n'abayislamu bose bakora mu nzego za Leta mu minsi ishize, yari irimo Minister Fazil, Hon.Harerimana Abdulkarim, Hon.Mukanoheri Saidati, Hon.Senator Fatu, Hon Mukama Abasa, Hon Nura n'abandi, abo bose bahamagaye Mufti bamugira inama zo guhindura amatwara ye ariko byabaye iby'ubusa. None rero kuba abayislamu barananiwe gukemura ibi bibazo, birakwiye ko Leta yatangiye kubishakira umuti kandi uzaba urambye.Ibi byanyibukije ijambo Hon.Mukama Abasa yabwiye Mufti mu nama i Masaka kuwa 18/03/2012, ati : Nyakubahwa Mufti njyewe sinakwemerera ko wakwica amategeko kandi turi abajyanama bawe, kuko ejo n'ejo bundi aho uzaba uri kubazwa ibi bibazo uzaba uri wenyine, twese tukwihakane, bityo rero ugomba kubahiriza amategeko kuko iki Gihugu ntabwo cyakwemera imikorere idashingiye ku mategeko, None dore iryo Mukama Abasa yavuze riratashye Mufti ari kubibazwa wenyine ba bajyanama abe bamukoresha amakosa bigaramiye !!! Ibi na none byanyibukije ijambo Minister Fazil yavuze muri iyo nama y'i Masaka yo kuwa 18/03/2012 abwira Mufti ati : Nyakubahwa Mufti, ndakugira inama yo gukurikiza amategeko no kwirinda gufata ibyemezo bidakurikije amategeko, kuko ufashe ibyemezo mu buryo nk'ubu budakurikije amategeko bizatuma duhora muri RETOUR(Guhora tubisubiramo), none dore iryo Minister Fazil yabwiye Gahutu riratashye !!!
Musubize28.02.2013 saa 11:40
Umujyanama
napapa yeguye//// ngo yanze ko abapadiri barongora illiminati yashinze imizi musenge sekibi yatangiriye iroma
Musubize28.02.2013 saa 10:50
bisanukuri
Ariko mbaze nkabantu bari kururu rubuga babayisilam biahaye Nyiricyubahiro Sheikh GAHUTU Abdul Karim ngo arimo kubyutsa amacakubiri koko nkubwo gihamya mufite niyihe reka mbabaze ; 1. Muziko Gahutu yatowe nurwego rwemewe n'amategeko agashingwa gukurikirana ndetse no kuvugira inyungu z'abayisilam twese mu rwanda. 2. Muziko arinshingano kuri buri muyisilam w'ukuri wese ko aritegeko kubaha umuyobozi noneho n'akarusho kko arumuyobozi wa Kiyisilam 3 Gahutu nta nimya ibiri aramara ayoboye AMUR, ubwayo mafuti cg amacakubiri yaba avuyehe kko bigaragarako ntanikinti gifatika kiragerwaho 4. Muziko habayeho ivugrurwa ry'amategeko ndetse n'inzego kuburyo yemwe bisa nkaho arugutangirira kuri zero, bigaragarako harimo gukorwa umusingi ukomeye uzagenderwaho mu minsi iri mbere 5. Ibyaribyo byose hari uko Mufti akora ndetse hakaba nuburyo aramutse akoze amakosa byakurikiranwa, arikwatari buriwese upfa kuvuga bitewe nuruhande abogamiyemo. Nshingiye kurizi ngingo mvuze hejuru, nasaba Abayisilam gutuza niba RGB ndetse na MINALOC barashyizeho komission nimureke dutegereze turebe icyo Allah azaduhitiramo. Gusa mbabwire murabizi ntabwo kinyoma kijya gitsinda ukuri bibaho nubwo cyaba gifite ingufu nyinshi zingana zite, Nabaha ingero ebyiri cg eshatu ; a. Mubudage 1938 ishyaka ry'abanazi ryafashe ubutegetsi riyobowe na ADOLF Hitler mugihe cy'imyaka nkitanu bari bamaze kugira ingufu zihambaye munzego zose kuburyo namerika tuzi ubu ntanicyakabiri cyabo yarifite ariko ntibyababujije gutsindwa ruhenu nubwo byagaraga ko bafite avantaje mubintu byose kuberako ntago intambara bashoje yarishingiye kukuri b. Murwanda, siniriwe nsubira inyuma cyane duhere 1994, aho leta yariho ifite ingufu nkigihugu kigenga kd ishyigikiwe namahanga, abafaransa, ababiligi, DRC (ex zaire) ntago byababujije gutsindwa n'umutwe w'inyeshyamba icyo gihe byagaragaraga ko udafite avantage n'imwe yo gutsinda ariko kuberako warwaniraga ukuri waje kwegukana insinzi ndetse nubu insinzi ziracyakomeje, simply kuberako bari mu ruhande rw'ukuri. Ntabwo rero abantu bibwirako bashobora gutesha agaciro umuyobozi watowe muburyo buri democratique bamuteshagaciro ngo bifate, ingero ninyinshi mbahaye izo ebyiri ari hari nyinshi, America muri Vietnam, abongereza mubuhinde,...................................................................... rwose nibatuze niba ari ubuyobozi igihe kizagera nabo bayobore. Nshoje nisabira Nyiricyubahiro GaHUTU Abdul Karim ko Abayisilam benshi bo mu rwanda twese tumurinyuma nkumuyobozi wacu, UBUNDI ATUBWIRE AHO AUDIT IGEZE NDETSE NABARIYE AMAFARANGA YABAYISILAM NINGAMBA BAFITIWE KUGIRANGO AYO MAFARANGA AGARUKE. UMUYISILAM.
Musubize28.02.2013 saa 08:39
MBWANA YA BIDAGA
ariko sindayigaya moussa akorera iyihe leta ?ko yigize akaraha kajyahe natuze kuko uwishize hejuru umutegereza hasi cora'n
Musubize28.02.2013 saa 08:22
boly
Rwivanga we uri Rwivanga koko. Ubwo kuba avuze ko hazakurikiraho Abadivantiste byatuma apfa. Niba uri n'umudivantiste kura iterabwoba aho.
Musubize28.02.2013 saa 08:09
Nziza
Ariko ko mwibasiriye abasilam, coment zabatari abasilamu ko ziyemeje kuza zitukana mwatubabariye,mukihanganaturabizi muratwanga nta nicyo muzadutwara kandi muzisanga mugihombo,igihe ADEPR yarifite ibibazo ko na musilamu wigeze abatuka mwe ko mudutuka muratuziza iki ?
Musubize28.02.2013 saa 07:31
ISLAMU
Iyi politiki ni nziza aya madini yose azashiduka yarinjiye muri system y'umuryango ! Kiliziya gatolika ariko sinzi aho bazayihera, musenye ayandi madini ariko mureke ibuye ryateretswe n"Imana
Musubize28.02.2013 saa 07:29
Karaha
Iyi politiki ni nziza aya madini yose azashiduka yarinjiye muri system y'umuryango ! Kiliziya gatolika ariko sinzi aho bazayihera, musenye ayandi madini ariko mureke ibuye ryateretswe n"Imana
Musubize28.02.2013 saa 07:29
Karaha
Uwanditse ngo hazakurikiraho abadiventisiti ndamubabariye ni nk'impumyi ivuga amabara. SDA church ifite structure irenze ntiteze kugira intambara kuko muriyo ntihabaho kwica no gukiza by'umuntu umwe ahubwo byose babigiraho inama. Uyu muntu ni umnyetiku kuko kuva itrorero ryabaho ni ubwa mbere mumajyepfo habaye bureau y'itorero isobanutse. Uzabaze abantu b'imuhanga. Nutihana urapfuye
Musubize28.02.2013 saa 06:49
Rwivanga
abaswayire .com
Musubize28.02.2013 saa 06:19
b
Gahutu nacishe make yibukeko ar'umuntu utuye kw'isi nkabandi agabanye Kibri yumvikane nabandi ntanumwe uruta abandi cyane cyane mw'idini ya Allah keretse uyitinya kubarusha, ibyo arabizi cyane ariko sinzibimukoreramo kwa ukweli ! Niyicare hasi hamwe nabandi areke kubasuzugura yakire ibitekerezo bivuye impande zose akorane na bose areke uburetwa ntaho biba kdi natabireka bizamubera bibi ! Ikimbabaje nuko isura yabasilam mu Rwanda twese yangiritse kubera we ! Iyo abantu batumvikanye kubintu runaka Qor'an ivugako bigenda bite ? None nimundebere kweli... Birambabaje cyane
Musubize28.02.2013 saa 05:24
Muhammad
Ndagira inama Mufuti guhindura izina, kwitwa Gahutu birabangamye cyane ! Naho ubundi na we ubwe ni ikibazo
Musubize28.02.2013 saa 04:25
mutesi
Azitwe nde se Mute ? izina burya ngo ni irikujije. Niba we ritamubangamiye ndumva nta mpamvu wowe wabangamirwa. Ibitabangamye se ni Gatutsi ? gatwa se ? cg kanyarwanda nibura ? iturize ibibabaje si amazina yo ntacyo yaratwaye ceteris peribus.
7.03.2013 saa 06:21
mimi
Hanyuma se wowe izina ryawe ubwirwa niki ko rinyuze bose ?Ni wowe warihisemo se ?Cg nawe urashaka kwihindura uko utari dore ko ngo musigaye mugendana nigihe !!!!Izina ntacyo ritwaye ahubwo wowe hindura imyumvire naho izina ntacyo ritwaye,ubwo rero uri kwishushanya kugirango bagire uko bagufata !!Barakubeshye,cisha make ..
17.05.2013 saa 12:50
Mujyanama John
biramenyerewe ukwanga cg utakwifuriza amahoro akurega amacakubiri,erega amaherezo tuzabaharira byose mukunde munyurwe.ariko muzirikane ko ntawupfa abimaze.Imana yo mwijuru izi ukuli kuko niyo isumba byose,nabwi uwo ariwe wese witwaza icyo aricyo cyose mugutandukanya abasilam nka sindayigaya Moussa azirikane ko umuriro ari kuicanira azawota kumunsi wanyuma ngo arahanira umwanya mubuyobozi.mufti ararengana nuko uvuze ukuli wese birasazwe kuba ari umwanzi,igihe bibiye umutungo wabasilam mufti kuba ashaka kubihagarika nibwo yakwitwa uwazanye amacakubiri.sha Imana irahari kandi izatabara abagaragu bayo kabone niyo mwakoresha ibyo mushaka mukuyizimya.
Musubize28.02.2013 saa 03:45
kanyandekwe Omar
IBIBAZO BY` AMADINI NI AGATERERA NZAMBE KUKO BWO AMAFRANGA AZABUZA ABANTU BENSHI IJURU BENSHI BIBWIRA KO BABA BAKORERA ARIKO BYAGERA KU MAFRANGA BAKABA BABIRETSE BAGAKURIKIRANA INYUNGU ZABO
Musubize28.02.2013 saa 03:42
IRANZI FERDINAND
imana ishimwe, kuba ibibazo byacu, byari byarananiranye, none umuti urabonetse.
Musubize28.02.2013 saa 03:26
nyiramana
imana ishimwe , ko umuti ubonetse, abasilam bari barambiwe amafuti ya mufti gahutu, inzangano , na munyangire yimaakaje kungoma ye byari biturambiye,icyene wabo nama tiku twari tubirambiwe,inyigisho zo kuwagatanu zi incyuro , turabiruhutse ,kwigizayo abo batavuga rumwe abita abajuru atajyanye mu inkiko byaraturembeje, imana ishimwe yo yaduhaye leta ikunda ukuri itabogama
Musubize28.02.2013 saa 03:04
mariam
imana ishimwe , yo duhaye ubuyobozi bwiza,gahutu abasheikh ba musabye kenshi ko baganira ati reka da,bati ngwino duhuzwe na qoran , kunama yari kuba le25.11.2012 ati reka da,batuma minste fazir harerimana ati ntibishoboka, bati sh harerimanimimamana abudul karim, ati si nshobora none reta yubumwe ,yanga akarengane,igiye kubikemura, baba vunjayi bigize ibyegera bya mufut gahutu bazajya he ?baaba curuzi birukanye abashekh bazajyahe ?imana ishimwe yo yaduhaye ubuyobozi bwiza, gahutu nawe yitegure gusubira benako
Musubize28.02.2013 saa 02:44
kamana
Urucira mukaso Nyoka akamutanga gupfa ! Reka turore ibyo Mufuti umwe wajyaga gukabya muri ADEPR aibyo avuga !
Musubize28.02.2013 saa 02:39
mahoro
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!