IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Rusizi : Yatawe muri yombi azira gufata ku ngufu umwana we w’imyaka 12


Yanditswe kuya 9-02-2013 - Saa 08:53' na James Habimana

Mu karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Gashema Fidele ufite imyaka 32 wo mu Murenge wa Nzahaha akekwaho gufata ku ngufu umwana we w’imyaka 12.

Polisi ivuga ko Gashema yakoze ibi ku ya karindwi Gashyantare 2013 ahagana saa munani z’ijoro, akaza gufatwa nyuma y’uko umugore we yumviye umwana wabo atabaza na we agatabaza inzego za Polisi n’abaturanyi bakamufata agerageza guhunga.

Gashema ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe, umwana we kugeza ubu akaba ari ku bitaro bya Gihundwe. Uyu mwana yabwiye Polisi ko mu gihe yari aryamye se yaje mu cyumba akasaba ko baryamana, agerageje guhunga se amurusha imbaraga amufata ku ngufu.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba Spt Mwiseneza Urbain anenga iki gikorwa, agasaba ababyeyi kujya baganiriza abana babo bakamenya ibibazo bafite nka bumwe mu buryo bwo gukumira ibyaha bitaraba.

Ingingo y’192 y’amategeko ahana y’u Rwanda iteganya ko umwana ufashwe ku ngufu n’umubyeyi we, uhagarariye ikigo runaka, idini, inzego z’umutekano, inzego z’ubuvuzi, umwarimu cyangwa undi muntu wishingikiriza urwego ahagarariye ahabwa igihano cy’igifungo cya burundu akanatanga amafaranga amafaranga ari hagati y’ibihumbi 100 na 500.

Urubuga rwa Polisi ruravuga ko guhera mu Kwakira ku geza mu Kuboza umwaka ushize mu karere ka Rusizi, hagaragaye ibyaha byo gufata ku ngufu bigera kuri 11.

IBITEKEREZO
ese ubwo niba yaramuteye inda fekuru ninde ?
Musubize4.04.2013 saa 02:29
ben
niko abarebesha amaso yombi murabona ibibera kuri iyi si ari amahoro ?yewe mushatse mwarebera hafi ! kuko ntibyumvikana ukuntu umutu afata kungufu umwan a yibyariye kandi nayina ahari !!! ubwose araba hee koko ?
Musubize12.02.2013 saa 13:45
UGIRUMURERA GASPARD
Ndasubiza uwitwa Emmy uvuga ko uwo mutindi w'ingirwa mubyeyi ashobora kuba abeshyerwa,nonese Emmy, na muganga ufite uriya mwana mu bitaro arabeshya ? Ubona iyo ubivuga byenda umwana ari mu rugo !ariko kuko ari kwa muganga n'uko yangiritse, ntimugashyigikire ibibi !!!!!
Musubize11.02.2013 saa 06:46
kanakintama
niba atarumurwayi wo mumutwe isi igeze kundunduro aho umubyeyi asiga uwo bashakanye mu gitanda akifuza iibondo cye ni nyamaswa ntizibikora uwo we nagende amare igihe asigaje kwisi muri gereza ubwo se yakongera ubana nabantu ko atakiriwe oyaaaaaaaaaaaa
Musubize11.02.2013 saa 03:16
immaculee
Ariko narumiwe koko, kuki aba bantu bagengwa n'ibitsina byabo badafatirwa ingamba zihamye. Hari uwavuze ngo wasanga arwaye ! Aramutse arwaye agatinyuka gufata ku ngufu umwana yibyariye byaba bigaragaza ko arembye cyane bityo akaba ari imbogamizi ikomeye ku muryango nyarwanda wose. Jye ndabona abantu nkaba bakwiye kujya babakona.
Musubize11.02.2013 saa 02:44
Inshuti y’abana
ubwo noneho ibi ni ibiki aya mahano uyu mugabo yakoze araerenze icya kurikiraho ni uko bakwica uru rugabo
Musubize11.02.2013 saa 02:27
ok
Biteye isoni n'agahinda kumva umuntu w, umugabo akora amahano nkaya umuntu ufite umugore we .gusa birababaje
Musubize11.02.2013 saa 01:25
mun. fabien
ariko muge mwitondera inkuru nkizi kuko hariho nigihe umugabo agirana amakimbirane numugorewe ugasanga umugore aragiye acengeje ibigambo mumwana umugabo agafungwa azira ubusa nabibonye ahantu ku gikongo umugabo afunwa imyaka10 yubusa bimenyekananyuma kobamubeshye
Musubize11.02.2013 saa 00:33
emmy
Mwitonde kuko ejo mushobora kubona havutse ishyirahamwe rirengera bene abo bantu. Iti si iraganahe kok ?
Musubize10.02.2013 saa 23:47
Habumunsi
baca umugani ngo amatwi arimo uruphu ntiyumva,nucira impumwi amarenga amara ibinonko,nyamara isi yaramanukiwe umunyabwenge yabera maso ubugingobwe ,koko nicyi gisigaye ngo twemere kwisi igeze kumusozo ?umwijima ukabije ubuditse ibitekerezo byabenshi barengeje kuba impumyi,koko iryo joro ararihangara ahaa Mana dutabare
Musubize10.02.2013 saa 23:24
umugenzi
Akwiye kubihanirwa. umwana we koko.
Musubize10.02.2013 saa 14:10
Honoline
Uuhh !! uwo mugabo ni umusazi ajye i ndera kwivuza.
Musubize10.02.2013 saa 13:29
MURWANASHYAKA Emmanuel
wowe wifuza igihano cy´urupfu bazaguhereho. Uriya mugao akeneye kugororwa no gusubizwa ku murongo. Muzambarize umugore we impamvu yamufungiye muri ririya joro ku buryo umujinya ajya kuwutura kiriya kibondo. Isi irashaje wa mugani wa Nyakwigendara Umuhire Cypriani Rugamba.
Musubize10.02.2013 saa 12:42
BABA
ni ukuri birababaje rwose none se umuco wacu turimo tuwerekeza hehe ? polise mukore akazi mushinzwe neza ndetse n'abandi babiteganya barebereho. kweri ?
Musubize10.02.2013 saa 08:36
dodos
Niba adashaka nyina w'umwana yagiye gushaka undi mugore ko bahari kandi biteguye kumwakira !Apfa gusa, of course, kwitwaza ibifaranga kuko nicyo yaba yiyemeje.EEEEEEEEEEEE ! abagore barahari n'abagore b'ibishoshwe bafite abagabo bayacaho bakamwihera ariko ntiyandavure ! YEWE< aka ni aaaakumiro peeeeee !
Musubize10.02.2013 saa 07:09
Jocker
Narumiwe uyu mumugabo Ese twamwita iki ? umugabo ? namwe mumbwire
Musubize10.02.2013 saa 05:05
jox joe
nyamara ashobora kuba arwaye mu mutwe, mukamuhana mutaramupimisha !!!
Musubize10.02.2013 saa 04:52
bambino
Uyu mugabo wafashe umwana we,akwiye guhanwa by, intanga rugero kumufunga burundu nabyo ntibihagije .cyakora isi igeze ku iherezo.
Musubize9.02.2013 saa 15:02
AXELLE
mucyice icyo kigabo
Musubize9.02.2013 saa 04:31
babanamwabo
asyiiiiiiiii,ariko ni isi irimo isaza cg numudayimoni uri gutera abanyarwanda,kuki abagabo babanyarwanda muri kurengera,nyumvira nkiyi nyana yimbwa isize umugore muburiri ikajya kwihekura,kumufunga burundu ntacyo bimaze uwamubamba.
Musubize9.02.2013 saa 04:26
jojo
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!