IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Imyaka yo kwiga Kaminuza igiye kugabanywa


Yanditswe kuya 15-03-2013 - Saa 21:36' na Izuba Rirashe

Minisiteri y’Uburezi iravuga ko igiye kugabanya imyaka yo kwiga Kaminuza ; ikava kuri ine ikaba itatu.

Minisitiri Vincent Biruta yabwiye abanyamakuru kuri uyu wa 13 Werurwe 2013 ; ko iyi gahunda igikorerwa inyigo ; ariko bikunze ikaba yatangirana na gahunda ya Kaminuza imwe muri Nzeri 2013.

Iri gabanya ry’igihe umuntu amara yiga Kaminuza ntirizagabanya agaciro k’impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi zatangwaga ; cyangwa se ngo rigire icyo bihindura ku masomo asanzwe yigishwa.

Iyi gahunda igamije kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda no kugabanya ikiguzi cyo kwiga Kaminuza ; ibi ngo bikazafasha mu kuzamura umubare w’abanyeshuri.

Minisitiri Biruta yasobanuye abanyamakuru ko iyi gahunda yo kugabanya umubare w’imyaka umunyeshuri yiga muri Kaminuza ; izatuma u Rwanda ruhangana mu ruhando rw’izindi Kaminuza zo mu karere ndetse no ku Isi hose ; abayisohotsemo bakazaba bashoboye guhangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo.

IBITEKEREZO
EREGA IKIBAZO SUMWARIMU KUKO NKOMURI KAMINUZA NUBUNDI MWARIMU ATANGA REFERENCE ANANYESHURI BAKISHAKIRA.AHUBWIKIBAZO NABANYESHURI BACIBWINTEGE NIBYO MUKORA.IBAZE NGUMUNYESHURI YIRIHIRE KAMINUZA,ESUBU NABANYARWANDA BANGAHE BABISHOBORA.IKINDI UBUSHOMERI BURI HANZAHA ,IKIMENYANE MUKAZI.NGO KWIHANGIRIMIRIMO.IBINIBIBAZO MWAGAKWIYE GUKEMURA MBERE YBINDI.NUMBWO NTANKUNGA ABANYARWANDA BICAYE HAMWE NABAYOBOZI NTIBAKIBURAMWIGISUBIZO.ARIKWIGIHE MWICARA MUBIRO MUGITONDO NGO HAKORWIBI.NTAHO TUZAGERA
Musubize12.05.2013 saa 06:11
mukakabanda
ikibazo simyaka cyangwa umubare wakaminuza namazinayazo.ahubwo ikibazo nuko buriwese arikujya muri education agashaka kwiremera ibye kandi ntihanabe ho kujyinama nabagenerwa bikorwa.ese kuki batangaza batabanje kumva ibitecyerezo byacu.ese kuki ntamwana wumuyobozi ndumva yiga naniyasi ? ntakundi ariko kurijye NTATERAMBERE MUBUREZI MU RWANDA
Musubize12.05.2013 saa 06:01
mukakabanda
iyo gahunda y'imyaka itatu nitangira izatangirira ku bahe ese ubu abazaba baratangiye kwiga iyo gahunda izabareba cyangwa bazatangiria kubazatangira muwa mbere
Musubize12.05.2013 saa 04:21
CHARTINE
ARIKO MINISTERI Y'UBUREZI YABURIWE UMURONGO ITE ? KO AHANDI BIGENDA NEZA ? NGAHO MINISTRI YAHINDUTSE BURI MWAKA-UJE WESE N'IMPINDUKA ZE- WAGIRA NGO NI IGIHUGU KINDI KIDAFITE ICYEREKEZO KIMWE N'U RWANDA. NIBA VISION ARI MWE MUZEHE ADUFASHE GUKURA PARAPARA MU BUREZI KUKO NIBWO BUREMA. BIRABABAJE KO MINEDUC IHORA MU MISHINGA Y'IGERAGEZA NKAHO IKENEYE KURERWA AHO KUGIRA INSHINGANO YO KURERA.
Musubize9.05.2013 saa 04:40
NDABABAYE
wenda ahari abakene nabo bagira aho bigeza
Musubize5.05.2013 saa 13:53
claude
KUGABANYA IMYAKA NTABWO ARI IKINTU KUKO MODULE ZITEGANIJE KWIGWA NTABWO MU MYAKA3 ZABA ZIRANGIYE KEREKA NAZO NIZIGABANYWA ARIKO NIYO ZAGABANYWA UBWO NAGACIRO K'IMPAMYABUSHOBOZI KABA KAGABANUTSE NDETSE N'UBUSHOBOZI
Musubize27.04.2013 saa 08:40
ILDEPHONSE
BAZAREBE NEZA HARI AMAKAMINUZA ATANGA AMAFARANGA YA BURUSE AMEZI MAKE Cg NIKO LETA IBA YAYAGENNYE ?.KANDI MU KWISHYURA BAZISHYUZA YOSE.MURAKOZE
Musubize26.04.2013 saa 16:38
GENTIL
Usibye n'iyi gahunda yo kwiga imyaka 3 muri Kaminuza, byaba byiza mugiye musaba n'abarezi ibitekerezo kuri izi mpinduka zo mu burezi ; nibo baba kuri field kandi ngirango muzi ko ari bamwe mu ncabwenge z'igihugu. Ni ukuri ibyo mbabwiye ni ingenzi.
Musubize26.04.2013 saa 08:47
Tuyisenge
Bagabanye imyaka bongere bursary cg bongere imyaka bongere bursary kuko ayo ni amederi yo kuyikuraho bakabyitwaza
Musubize24.04.2013 saa 13:59
umusaza
NI BYIZA KUGABANYA IMYAKA IKAGERA KURI ITATU.Ariko mukurikirane kamenuza zigenga ubumenyi zitanga kuko mu kazi ubona abo zisohora nta musaruro batanga ,byumvikane ko bimfira mu ishuri.Ese masters nayo muzayigabanyiriza imyaka ikava kuri 2 ikagera kuri 1 ?
Musubize20.04.2013 saa 04:34
MUNYANEZA
Ariko mbere yuko miunisitiri atangaza ibintu nkibi yajya abanza akagisha ibiganiro ku nzego zose uvuye mu giturage kugera ku ntiti zacu. Niyo mpavu habayeho za system nyisnshi , ngoyo reforme ya Nsekalije, hazaho Mbangura, Mudidi, n'abandi ba vuba aha. ugiyeho bimworohera guhindura system kuko uburyo isanzwe yagiyeho budakomeye. Mwikomeza guheza abanyarda ku bibazo bibareba kandi mufate umwanya uhagije kuri buri kintu. Ese iyo mubona ishuro systeme imaze guhinduka mu myaka 30 ishize ntimugira agahinda ko umuntu biberaho ageraho agacanganyikirwa ? Rwanda wee !!
Musubize18.04.2013 saa 04:35
kamo
Nonese nk'abarangije 3ans muri IPRC ko bagiye kubaha Advanced Diploma ubwo ntibakagombye kubaha A0 ?
Musubize14.04.2013 saa 11:55
Janvier
oya
19.04.2013 saa 14:06
yahaya
none se abiga nursing ko biga itatu bagahabwa A1 ubwo noneho bazayigabanya bige mike batayigabanyije twaba turengana none se ubu murumva medecine yo wayiga 4 ans ukaba ufite abaganga wizeye kandi nabwo kuvuga ngo bakomeze bige 6 ans abandi biga 3 ans bagahabwa level zimwe bizaba ari induru gusa gusa ntanuwazongera kuyiga.murakoze
Musubize8.04.2013 saa 02:13
theos NSNM
Yes it's good..i can see,we learn by copying,may be uganda's uneb visiting to reb changed alot in rwanda's system of education.yeah i support.Nibindi biracyaza.
Musubize6.04.2013 saa 03:11
KAMANZI MORGAN MAN.U
YEWE SHA TWE TWIZE IMYAKA 5 NIBADUHE MASTERS
Musubize22.03.2013 saa 03:49
GITI
Rwose mureke guterana amagambo. Gusa dusabe ministeri ifite uburezi mu nshingano zayo kugenda step by step. Ivugururwa ntirikorwa mu gihe gito. Ku byerekeranye ni imyaka itatu, muri east africa barabikora ariko biterwa na fields. Leta igerageze gushishoza ikore ibikoreka. Njye maze imyaka myinshi nigisha ariko uburezi buragenda burushaho kwangirika. Mwambaza ngo bwangirika tureba he. Muzabaze abashyiraho gahunda ntawe bagishije inama.Murakoze
Musubize20.03.2013 saa 04:31
basebya2013@yahoo.fr
Arikose nkabiga nursing schools bo mubatekerezaho iki ?biga imyaka itatu bagahabwa A1.NAYO nibarayibona yaheze mukirere,turasaba ko ministeri y'uburezi yaturenganura.
Musubize18.03.2013 saa 16:38
david
Uwo muntu washobora iyi ministère nta wundi ni Amb. Joseph KAREMERA,ngira ngo mwarabyiboneye umuvuduko yari azanye mu burezi !!!
Musubize18.03.2013 saa 16:06
Umushishozi
imyaka 3 yo nisawa, ariko uburezi bwo mu rda ntakigenda pe ubona umwana asohoka muri kaminuza adashobora kuvuga english nk'ururimi yigishijwemo kumara nibura iminota 5 adategwa.ariko rata ndabarenganya nigute wasobanukirwa mu gihe ugusobanurira nawe adasobanukiwe n'ururimi agusobanuriramo ? jye mbona byarutwa n'uko twajya tw' iyigira mu rurimi rwacu ninabwo twarushaho kumenya ibyo twiga aho kujya guhangana n'indimi z'amahanga tuvayo tutanamenye.
Musubize18.03.2013 saa 10:10
rwubaka
murakoze,nonese bitangira gute ,birareba abari muwambere ubu cg nabazatangira muri nzeri ?
Musubize18.03.2013 saa 05:18
francine
1 | 2 | 3 | 4 | 5

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!