IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Imbaga y’Abanyetiyopiya yitabiriye ishyingurwa rya Zenawi


Yanditswe kuya 2-09-2012 - Saa 05:37' na Mathias Hitimana

Imbaga y’abanyetiyopiya yitabiriye ishyingurwa rya Nyakwigendera Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Meles Zenawi, witabye Imana ku itariki ya 20 Kanama, mu umuhango wo kumushyingura kuri iki Cyumweru.

Meles Zenawi, yari umuyobozi wubahwaga n’ibihugu bitandukanye, harimo n’ u Rwanda rwamuhaye umudari nk’umwe mu bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Nk’uko urubuga rwa BBC rubitangaza, umuhango wo gushyingura Zenawi witabiriwe n’abanyacyubahiro benshi, barimo abaperezida b’Afurika bagera kuri 20 na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda arimo.

Perezida Boni Yayi uyobora igihugu cya Benin, akaba ari we uyoboye Umuryango W’Ubumwe bw’ Afurika yavuze ko uyu muryango, mu myaka icumi ishize wubakiye ku mbaraga, icyerecyezo n’urugamba byagizwemwo uruhare na Zenawi mu kugera ku bwigende, n’ubukungu bw’Afurika.

Mu bitabiriye uyu muhango, harimo na Perezida wa Sudani, Omar al-Bashir, washyiriweho impapuro zo kumufata n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ashinjwa ibyaha byibasiye inyokomuntu mu ntara ya Darfur.

Zenawi arashyingurwa ahashyinguwe umwami wa Ethiopia Haile Selassie, mu mujyi wa Addis Abeba mu rusengero rw’ idini ry’aba Orthodox.

Meles Zenawi yapfuye afite imyaka 57 azize indwara itarigeze itangazwa.Yafashe ubutegetsi mu 1991, akuyeho ubutegetsi bwa Mengistu Haile Mariam, wahise ahungira kugeza ubu muri Zimbabwe.

IBITEKEREZO
Yitangiye gushora no gushyigikira intambara muri Africa ! Imana yonyine niyo yamubaza ibyamaraso yamennye mu bihugu ! Ese ntababa bamuherekeje bashaka kwemezako agiye ubutagaruka ?
Musubize3.09.2012 saa 00:51
Kalisa Eugene
Ni byiza kugenda gitwari ugaherekezwa n'abantu nk'aba. Bihoza abasigaye
Musubize2.09.2012 saa 10:16
H
ubuzima nibuto nidushaka tuge twitonda, gukandamiza, kwica, kwikubira byose biganishe kurupfu. urabe wumva gaciro wee
Musubize2.09.2012 saa 08:29
munana
Wowe uziturire nk'umusozi yeeeeeee
3.09.2012 saa 06:46
delita
Qu'Il repose en paix et que ses ouvres l'accompagnent.
Musubize2.09.2012 saa 07:10
Jackson

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!