Ku wa 27 Gicurasi 2025 ni bwo Perezida Kagame yatangiye uruzinduko muri Kazakhstan, ahabereye Ihuriro Mpuzamahanga rya Astana.
Nyuma y’umunsi umwe yagiranye ibiganiro mu muhezo na mugenzi we wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev, bisiga hasinywe amasezerano mu ngeri zirimo umutungo kamere, uburezi, ubushakashatsi mu byerekeye isanzure, ubuhinzi, kongera ingano y’ibicuruzwa bigurishwa hagati y’impande zombi n’ibindi.
Perezida Kagame kandi yasuye Ikigo gikora ibyerekeye isanzure (National Space Center) aherekejwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Isanzure, (Rwanda Space Agency), Gaspard Twagirayezu.
Perezida Kagame kandi yagejeje ijambo ku bitabiriye Ihuriro Mpuzamahanga rya Astana ryatangijwe ku wa 29 Gicurasi 2025.
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida Kassym-Jomart Tokayev wa Kazakhstan
Perezida Kagame yasuye Ikigo cya Kazakhstan gikora ibyerekeye isanzure (NSC) yerekwa imikorere yacyo
Amafoto: Village Urugwiro



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!