00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutekano ku isonga,imitangire ya serivisi yongera iza inyuma mu bipimo by’imiyoborere bya 2016

Yanditswe na
Kuya 31 January 2017 saa 04:21
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwashyize ahagaragara uko u Rwanda rukomeje gutera imbere mu miyoborere, hagendewe ku bipimo umunani, hagamijwe kwerekana uko u Rwanda rutera intambwe mu gusigasira imiyoborere myiza na demokarasi.

Muri ibyo bipimo bigaragaza uko imiyoborere mu Rwanda yari ihagaze mu 2016, Rwanda Governance Scorecard 2016, kuva mu myaka itanu ishize Igipimo cy’Umutekano n’Ituze rusange cyongeye kuza ku isonga n’amanota 92.62% avuye kuri 91.6% cyariho mu 2014.

Ibipimo byamuritswe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB kuri uyu wa 31 Mutarama 2017, bigaragaza ko mu bintu umunani byarebeweho, bitandatu byazamutse, bibiri bigasubira inyuma ugereranyije n’umwaka wa 2014.

Umutekano n’Ituze Rusange kiri mu byiciro bitatu byonyine bifite amanota ari hejuru ya 80%, hakiyongeraho Kurwanya Ruswa no Gukorera mu mucyo cyagize 86.56% kivuye kuri 79.04% mu 2014 n’Uburenganzira n’Ubwisanzure bw’Abaturage cyagize 81.83% kivuye kuri 77.05%.

Gusa hari n’ibipimo byagize amanota aringaniye ndetse bimwe bisubira inyuma, harimo Ubutegetsi bugendera ku mategeko cyagize 79.68% kivuye kuri 81.68% cyariho mu 2014; Iterambere ry’Ubukungu kigira 76.82.% kivuye kuri 72.20% mu 2014.

Icyiciro cy’imitangire ya Serivisi cyagize amanota ari hasi ugereranyije n’ibindi, kuko cyagize 72.93% mu gihe mu 2014 cyari kuri 72.00%.

Uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa rwo rufite 76.48%, ruvuye kuri 75.36%.

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase yavuze ko ibi bipimo bisuzumwa “hashingiwe ku bipimo mpuzamahanga by’imiyoborere ndetse hakifashishwa n’amakuru yizewe”, atuma biba uburyo bufatika bwo gusuzuma imiyoborere, gushyiraho politiki no gukora amavugurura agamije kuzamura imibereho y’abaturage.

Ibi bipimo byatangiye gukorwa guhera mu 2010, bigashingira ku bubiko 43 bw’amakuru afite umwimerere, harimo atangwa n’ingeri z’Abanyarwanda zirimo abaturage, inzego za leta, imiryango itegamiye kuri leta, abashakashatsi n’abikorera.

Ubu bushakashatsi bwubakiye ku bipimo umunani bikurikira birimo ubutegetsi bugendera ku mategeko, Uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa, Umutekano n’ituze rusange, imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, Imitangire ya serivisi, Iterambere ry’ubukungu.

Uhereye iburyo, Ambasaderi wa Afurika y'Epfo mu Rwanda, George Nkosinati Twala, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Uwizeye Judith n'Umuyobozi uhoraho mu biro bya Minisiteri w’Intebe, Sayinzoga Kampeta
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba
Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage, Community Policing, ACP Célestin Twahirwa n' Umuyobozi mukuru wa WASAC Ltd, Sano James
Umuhango wo gushyira ahagaragara ibipimo by’imiyoborere bya 2016 mu Rwanda witabiriwe n'abayobozi mu nzego zitandukanye
Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Tugireyezu Venantia n'uw’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis
Uhereye iburyo, Umuhuzabikorwa w'amashami ya Loni mu Rwanda, Lamin Manneh, Minisitiri w'Intebe, Anastase Murekezi na Prof, Shyaka Anastase
Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB), Prof. Shyaka Anastase
Minisitiri w'Intebe, Anastase Murekezi nawe yitabiriye uyu muhango
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB), Prof. Shyaka Anastase mu muhango wo gutangaza ibipimo by’imiyoborere bya 2016

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages