00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwandakazi yabaye indashyikirwa mu ishuri rya gisirikare muri Amerika

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 May 2025 saa 08:16
Yasuwe :

Umusirikare w’u Rwanda, Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro, yarangije amasomo ya gisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse aza mu batsinze by’indashyikirwa.

Amakuru yashyizwe hanze n’Ingabo z’u Rwanda agaragaza ko Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro yari amaze igihe yiga muri US Coast Guard Academy, ishuri rya gisirikare riherereye i Connecticut.

Ubwo iri shuri ryatangaga impamyabumenyi ku nshuro ya 144, Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro ni umwe mu banyeshuri batsinze neza kuko yabonye ‘Grande distinction’.

Yize ibijyanye no gusesengura amakuru no gukora ubushakashatsi bugenderwaho mu gutegura igikorwa cya gisirikare (Operations Research and Data Analytics).

Uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku ruhande rw’u Rwanda witabiriwe n’Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Loni, Col Deo Mutabazi.

Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro yabaye indashyikirwa mu ishuri rya gisirikare muri Amerika
Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro ni Umunyarwandakazi ubarizwa muri RDF
Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro hamwe na Col Deo Mutabazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages