00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umudipolomate w’u Rwanda yirukanwe ku butaka bw’u Burundi

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 7 October 2015 saa 05:17
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Burundi yirukanye Desiré Nyaruhirira wari umudipolomate w’u Rwanda muri iki gihugu gusa impamvu z’iyirukanwa rye ntiziratangazwa kugeza ubu.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Burundi, Rugira Amandin aganira na IGIHE yemeje aya makuru gusa ntiyagira byinshi atangaza.

Mu magambo macye yagize ati “ Yego nibyo. Babitumenyesheje nta mpamvu baratubwira gusa batubwiye ko ari persona non grata [umuntu waciwe mu gihugu].”

Abajijwe niba hari ikibazo kindi kiri mu mubano w’ibihugu byombi ku buryo u Burundi bwakwirukana umukozi w’u Rwanda muri iki gihugu, ntacyo yigeze abivugaho.

Inzego z’u Burundi zari ziherutse kwikoma Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu, buvuga ko hari bamwe mu bakozi bayo bafatanwe intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.

Ibi Ambasaderi Rugira binyuze ku rukuta rwe rwa Twitter, aherutse kubinyomoza avuga ko ari ibinyoma bisa.

Mu kwezi gushize u Burundi bwashinje u Rwanda kandi gutoza inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza gusa u Rwanda rubihakana rwivuye inyuma.

U Rwanda narwo rwagiye rushyira mu majwi u Burundi ko bucumbikiye abarwanyi ba FDLR barimo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Désiré Nyaruhirira wirukanwe ku butaka bw'u Burundi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages