Ambasaderi w’u Rwanda mu Burundi, Rugira Amandin aganira na IGIHE yemeje aya makuru gusa ntiyagira byinshi atangaza.
Mu magambo macye yagize ati “ Yego nibyo. Babitumenyesheje nta mpamvu baratubwira gusa batubwiye ko ari persona non grata [umuntu waciwe mu gihugu].”
Abajijwe niba hari ikibazo kindi kiri mu mubano w’ibihugu byombi ku buryo u Burundi bwakwirukana umukozi w’u Rwanda muri iki gihugu, ntacyo yigeze abivugaho.
Inzego z’u Burundi zari ziherutse kwikoma Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu, buvuga ko hari bamwe mu bakozi bayo bafatanwe intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.
Ibi Ambasaderi Rugira binyuze ku rukuta rwe rwa Twitter, aherutse kubinyomoza avuga ko ari ibinyoma bisa.
Mu kwezi gushize u Burundi bwashinje u Rwanda kandi gutoza inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza gusa u Rwanda rubihakana rwivuye inyuma.
U Rwanda narwo rwagiye rushyira mu majwi u Burundi ko bucumbikiye abarwanyi ba FDLR barimo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.



















TANGA IGITEKEREZO