00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine: ’Robots’ zishobora kwifashishwa ku rugamba zigasimbura abasirikare

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 1 July 2024 saa 10:11
Yasuwe :

Imyaka ibiri isize abarenga ibihumbi 450 baguye mu ntambara ku ruhande rwa Ukraine, nk’uko bitangazwa n’uruhande rw’u Burusiya bahanganye, mu gihe muri rusange abandi barenga uwo mubare bakomerekeye muri iyi ntambara.

Uko bwije n’uko bukeye, kubona abasirikare bashya biri kurushaho kugorana, ari nayo mpamvu Leta ya Ukraine iri gutekereza ibindi bisubizo, birimo gukoresha ’robots’ mu ntambara, aho gukoresha abasirikare basanzwe kuko bari kugorana kubabona.

Minisitiri w’Iterambere ry’Ikoranabuhanga muri Ukraine, Mykhailo Fedorov, yavuze ko bashobora gukoresha ’robots’ zo ku butaka muri iyi ntambara, ati "robots zirwanira ku butaka tuzibona nk’igisubizo. Niba robots zishobora kurwana, aho kuba abantu, kuki tutagerageza kuzikoresha?"

Robots zizakoreshwa ni izikoreshwa ku butaka, zishobora kugenzurwa ziri mu bilometero bitatu uvuye aho uzigenzura ari, hakabamo na robots zishobora gukoreshwa mu gushwanyaguza ibifaru by’u Burusiya, kandi bigakorerwa kure.

Ubundi bwoko bwa robots bushobora gukoreshwa ni izishobora gutwara ibikoresho birimo intwaro n’ibindi, ndetse zikaba zishobora kwifashishwa mu gufasha inkomere.

Ukraine isanzwe ikoresha irindi koranabuhanga ririmo za drones zifashishwa mu ntambara, gusa ikibazo gikomeye ifite ni ikijyanye no kubona abasirikare barwana babikunze, ari nayo mpamvu iki gitekerezo cyo kurwanisha robots kiri kugira agaciro muri iki gihugu.

Ukraine ishobora gutangira gukoresha robots mu ntambara n'u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages