00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubuzima bwa Jimmy Carter wayoboye Amerika buri mu marembera

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 February 2023 saa 07:40
Yasuwe :

Jimmy Carter wayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubuzima bwe buhagaze nabi, ibyatumye ahabwa abaganga bagomba kumwitaho mu minsi ye ya nyuma bamutegurira urupfu.

Ku wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare mu 2023 nibwo amakuru y’ubuzima butifashe neza bwa Perezida Jimmy Carter yatangajwe n’umuryango w’ubugiraneza yashinze ‘Carter Center’.

Uyu muryango wakomeje uvuga ko Jimmy Carter yari amaze iminsi arwariye mu bitaro ariko yahisemo kujya mu rugo ruherereye i Plains muri Leta ya Georgia kugira ngo abe ariho asoreza ubuzima bwe.

Jimmy Carter amaranye imyaka myinshi cancer y’uruhu izwi nka ‘melanoma’ yatangiye no gufata ku bice by’ubwonko.

Jimmy Carter w’imyaka 98 afatwa nk’aho ariwe muntu wahoze ari Umukuru w’Igihugu ukuze ku Isi. Yayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 1977-1981.

Ubuzima bwa Jimmy Cartel wayoboye Amerika buri hagati y’umupfu n’umupfumu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages